Awilo Longomba yatangaje ko umuhanzi w’umunyarwanda wifuza gukorana nawe nta kibazo kirimo(Amafoto)

Kuri uyu wa Kane  tariki 24 Ukwakira 2019, muri  Marriott Hotel  nibwo  umuhanzi  Awilo Longomba uri mu Rwanda aho yaje gutaramira mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru aho yatangaje ko yiteguye  gukorana n’abahanzi nyarwanda  .

Icyo kiganiro cyatangiye gikerereweho gatoya kubera imvura nyinshi  yabyutse igwa  mu bice byinshi by’umujyi wa Kigali cyaje gutangizwa  na Remmy Lubega Umuyobozi Mukuru wa RG Consult isanzwe itegura  ibitaramo  ngarukakwezi bya Kigali Junction

Buri muhanzi yafashe umwanya agira icyo abwira itangazamakuru. Awilo Longomba nk’umuhanzi mukuru watumiwe muri iki gitaramo yavuze ko ashimishijwe no kuba agiye gutaramira abanyarwanda ku nshuro ya mbere. Ati”Mfite abafana benshi mu Rwanda ejo bizanshimisha cyane kuzaba ndi kumwe nabo”.

Yakomeje avuga ko yaherukaga mu Rwanda nko mu myaka 25 ishize ubwo yavugirizaga ingoma umunyabigwi  Tshala Muana nawe ufite amamuko muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo. Icyo gihe ngo bakoze igitaramo i Rubavu n’i Kigali ubu ngo  ashimishijwe no kuba agiye gutaramira abanyarwanda ku nshuro ya mbere nka Awilo Longomba.

Uyu munyabigwi wahimbye injyana ya Tecno Soukous mu bibazo yabajijwe cyane n’itangazamakuru byibanze cyane ku rugendo rwe mu muziki. Yavuze ko rutari rworoshye, ariko ngo Imana yamushoboje kugera ku cyo yifuzaga ari nayo mpamvu yahamagariye abafana be kuzaza gutaramana nawe akaberaka umuziki wa nyawo.

Yanavuze ko yiteguye gukorana n’abahanzi b’abanyarwanda bazabimusaba. Mani Martin ukubutse mu bitaramo by’uruhererekana  mu Buyapani (Peace Tour) yavuze ko kigali Jazz  junction ari umuterankunga ukomeye w’umuziki nyarwanda asaba abanyarwanda kuzitabira igitaramo.

Ubuyobozi bwa RG-Consult  bwavuze ko abandi batumiwe bazasusurutsa abazakitabira ari abahanzi b’abanyarwanda barimo Mani Martin, Rita Ange Kagaju, Neptunez Band na NEP DJs.

Igitaramo cya Kigali Jazz Junction biteganyijwe kuzaba ejo ku wa Gatanu tariki ya 25 Ukwakira 2019 muri Camp Kigali  imryango ikazaba ifunguye guhera I saa kumi nn’ebyiri  naho igitaramo kigatangira saa mbiri  kugeza Saa sita z’ijoro .

Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo ubu ushobora kuyasanga kw’ishami rya Camellia riri muri CHIC, iriri muri UTC, iriri kwa Makuza, Car Wosh n’ahandi.

Uyu mugoroba ku babyifuza hateganyijwe igikorwa cyo guhura no kwifotozanya na Awilo Longomba ku itapi itukura (Red carpet) kiza kubera “CAR WASH”

Kwinjira muri icyo gitaramo  ni 10.000 Frw ahasanzwe ,20.000 muri VIP  ,24.000Frw  muri VVIP ni 200.000 ku meza y’abantu umunani.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *