Bebe Cool arashimirwa n’abagande kubera ibikorwa byo gufasha abatishoboye akora ( Amafoto)

Moses Ssali  uzwi nka Bebe  Cool ni umuhanzi  umaze kwigarurira imitima ya benshi mu gihgu cya Uganda  ndetse no mu karere  dutuyemo kubera  muzika akora ariko bikaba akarusho kubera ibikorwa amaze igihe  akora byo gufasha abatishoboye ndetse n’abarwayi abinyujije mu fondasiyo ye yise Amber Heart Foundation

Nyuma yaho mu kwezi kwa Munani akoreye igitaramo yise   Golden Heart Concert aho yitabiriwe na Perezida Museveni wa Uganda  ndetse kikanitabirwa n’abantu benshi aho nyuma yahoo nkuko yari  yabyiyemeje ko amafaranga azavamo  azayafashisha abana bagera kuri 6 bari bafite ibibazo by’uburwayi bw’umutima  kuri ubu abo bana bakaba abarakize   neza  ibintu yashimiwe n’abagande benshi .

Mu mpera z’uku kwezi kw’itariki ya 26 Ukuboza 2018, Bebe  Cool nabwo yakoze igitaramo  yise Tondeka Ekiwatule aho nanaone Perezida Museveni yashishikarije abagande  bose kuzitabira icyo gitaramo kubera ibikorwa akomeje gukora  anasaba Bebe Cool gukomeza kuzamura ibendera rya Uganda mu ruhando rwa Muzika kw’isi.

Nkuko tubikesha Umujyanama wa Bebe Cool hano mu Rwanda ,Congo n’u Burundi  Dr Kintu Muhammad  wari wagiye kwitabira icyo gitaramo  yadutangarije ko uyu mwaka muri Gagamel bari mu byishimo byinshi cyane kubera ko imishinga yose bifuza gukora bayikoze ikagenda  neza harimo  kuvuza abana 7  bari barwaye bakenewe kubagwa ndetse n’umwana umwe w’umunyarwanda Gahima Ellah Bright  yateye inkunga y’amadorali igihumbi kugira ajye kuvuzwa mu buhinde .

Yakomeje atubwira ko nyuma y’igitaramo Tondeka ekiwatule  nabwo Bebe Cool aherekejwe n’abandi bantu benshi bagize Umuryango wa Gagamel basuye ibitaro bya Kilundo mu mujyi wa Kampala aho basangiye noheli n’abarwayi bari mu byiciro binyuranye  bakaboneraho no kubihanganisha  babifuriza gukira vuba bagasubira mu buzim  busanzwe ,nyuma yo gusangira  nabo banabashykirije ibikoresho byinshi birimo amasabune ,amata ni bindi byinshi .

Bebe Cool rero akomejwe gushimwa n’abagande benshi  kubera ibyo bikorwa bye by’ubugiraneza akomeje kugenda akora  ,tubibutse ko uyu muhanzi aherutse gushyira hanze indirimbo yise wasibukawa ikunzwe cyane muri iyi minsi

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *