BRM yabateguriye igitaramo cy’abanyarwenya yise No Stress

Mu gihe gito ikigo  cya Brm Ltd  gisanzwe gifasha  abahannzi ndetse n’abandi banyempano   batandukanye hano mu Rwanda gikomeje  gutegura  ibitaramo  byinshi mu rwego rwo  kumenyekanisha ibikorwa byacyo  mu bice bitandukanye by’Igihugu . Kuri  ubu  Brm  yabateguriye igitaramo  bise No Stress  kizahuriza hamwe abanyarwenya bakomeye muri Kigali.

Nkuko  twabitangarijwe na  Best Manager  Bosco ushinzwe  ibijyanye n’ibitaramo muri  BRM na  Hotel  The Mirror  aho icyo gitaramo kizabera yatubwiye ko  icyo gitaramo  bagiyeguye mu rwego rwo gukomeza kumenyekanisha   ibikorwa byabo  ahantu hatandukanye nyuma yahoo  mu kwezi kwashize bakoze ibitaramo bisaga bitatu harimo icyabereye  I Rubavu ibindi bibiri  bikabera I  Kigali.

Yakomeje atubwira ko no stress ari igitaramo bateguye kugira bashimishe abakiliya babo mu rwego rwo gutangira week end bisekera bakaba kizitabirwana banayrwenya Clapton Kibonge, Joshua , Nimbati ndetse na Kanyomba  mu bandi bazitabira icyo  gitaramo ni Mc Tino n Mc  Nario  bazab ari abashyusharugamba naho bakazacurangirwa na Dj Brianne  na Dj Sonia .

Igitaramo cya No  Stress  kizabera  kuri The Mirror Hotel I Remera ku muhanda werekeza  ku kibuga cy’Indege  ku wa gatanu  tariki ya 06 Ukuboza 2019 guhera I saa kumi n’ebyiri kugeza mu masaha akuze  kwionjira bikaba  ari 5000 ahasanzwe . 10.000 mu myanya y’icyubahiro , 8.000 kuzaba aherekejwe  n’ameza  ya 100.000  .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *