Cyusa Ibrahim yavuze ubwiza bw’umwitero mu ndirimbo ye nshya .

Cyusa Ibrahim ni umwe mu bahanzi bari kugaragarza impano  ndetse n’ubuhanga buhebuje mu njyana ya Muzika Gakondo  yakunzwe mu ndirimbo nka Rwanda Nkunda na migabo ,  kuri ubu yashyize hane indirimbo ye nshya yise Umwitero.

Uyu musore  nyuma yo gushyira hanze indirimbo umwitero yadutangarije ko iyi ndirimbo  yayikonze nyuma  yo kubona ukuntu  ababyinnyi bo mu Rwanda  akenshi iyo bamaze kubyina imyada yabo nabi .

Yakomeje atubwira ko buriya umwitero ari umwenda w’akamaro cyane mukazi bakora kandi no mu muco ari umwenda wubahwa kandi wambarwa n’abantu b’icyubahiro

Muri iyi ndirimbo, Cyusa arenga kuvuga icyubahiro aha umwitero akanavuga ku buranga bw’umukobwa.

Ati “Ndate isimbi ritatse intanage; mvuge ingingo iruta izindi kunyura; cyo ngwino bwiza bwanyujuje ubwuzu ndanze nkwise irihats’ayandi; mpinganzima.”

Mu nkikirizo y’iyi ndirimbo agira ati “wagiye hehe? Wamwitero wanjye, wagiye hehe? Uwo narazwe ijabiro. Kana ka mabukwe winsiga ndagukunda wigenda naje!!

Kuri we asanga ‘umwitero ukwiye gufatwa nk’umwambaro wubashywe; ntago ukwiye gufatwa nk’igihu bahingana cyangwa ibyahi.”

Cyusa Ibrahim yari aherutse gushyira hanze indirimbo nka “Migabo”, “Rwanda Nkunda”, “Mbwire nde” n’izindi.

Iyi ndirimbo “Umwitero” ifite iminota itatu n’amasegonda 44’. Mu buryo bw’amajwi yakozwe na Producer Bob naho amashusho atunganywa na Fayzo Pro.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *