Danny Vumbi mu indirimbo “ yibare’ aragira ati iminsi igenda ivaho umwe (Video)

Semivumbi Daniel wamneyakanye nka danny Vumbi nyuma yo gusinyana amasezerano  n’Inzu ifasha abahanzi ya KIKAC Music  yashyize hanze indirimbo ye ya gatatu yise Yibare ivuga ku rukumbuzi umukobwa agirira umukunzi .

Indirimbo yibare  ni imwe mu ndirimbo 12  zizajya kuri alubumye ya  ya gatatu yise “ Inkuru Nziza “ .

Muri  iyi ndirimbo  ivuga ku nkuru  y’umukobwa  ukumbura  umukunzi we uba yaragiye kure  igihe cyose akicara akiba igihe   azamubonera ngo  yongere amuhobere iteka agahora  amwandikira  amubwira  ko nta gihe kini gisigaye ngo bahure kuko uko iminsi  ihita igenda ivaho umunsi  umwe kugira ngo babonane .

Mu kiganiro  na KIGALIHIT  Danny Vumbi yatubwiye  byinshi kuri  iyi ndirimbo ye yise Yibare  yagize ati “ mu ri  iyi  ndirimbo naririmbye  ku buzima buba kuri buri wese ufite  urukundo aho umukobwa akumbura  umukunzi we  uba yaragiye kure  ariko iteka agahora  yifuza kumubona vuba ariko iminsi ikaba ikibazo , ikindi nuko ari indirimbo yo guhumuriza buri wese wab afite  umukunzi we ariko bakaza kubura mu gihe kinini ariko agahora abona ko uko umunsi ushira ariko igihe cyegereza  ngo babonane .

 Tumubajije  impamvu  asigaye  muri iyi minsi asigaye akunda kwandika no gukora indirimbo ziganjemo urukundo  yatubwiye  ko burya urukundo ari byose  nubwo we azikora ariko niyo bigiye kw’isoko rya  muzika yandika nyinshi cyane ariko zimwe akazigurisha na bahanzi bagenzi  gusa kuri iyi yise Yibare yasanze agomba gutanga  ubutumwa kuri muntu wese ugira uwo akunda yaba inshuti isanzwe cg umuvandimwe  .

Urebye amashusho y’iyi ndirimbo ubona ko ari indirimbo ikoranye bugahe bwo mu rwego rwo hejuru kuko nk’inshuti y’abandi  bahanzi nayo yifashishije umukinnyi wa sinema uzwi nka  Mutoni  Assia ndetse na Nick Dimpoz ukunzwe cyane muri filime y’uruhererekane ya City maid ndetse akaba n’muhanzi  muri muzika

Mu gusoza danny Vumbi yatubwiye ko Indirimbo “Yibare “ izaba iri kuri alubumu ye ya gatatu yise “Inkuru Nziza  izaba iriho indirimbo 12 akaba azayimurikira abanyarwanda mu minsi ya vuba .

Indirimbo yibare yakozwe mu buryo bw’amajwi yakozwe na Producer Made Beats. Ni mu gihe amashusho yafashwe anatunganwa na Fayzo Pro.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *