DayMakers babazaniye ibyamamare mu rwenya mu gitaramo Bigomba Guhinduka i Musanze

Day Makers Edutainment  n’itsinda rihuriyemo abanyarwenya  benshi batandukanye  irmaze kwigarurira imitima y’abatari bake cyane hano mu Rwanda kubera urwenya rwabo , iryo tsinda  ryateguye Igitaramo cy’urwenya bise Bigomba guhinduka aho 5kEtienne na Japhet  baherekejwe n’abandi banyarwenya bazataramira abanyamusanze .

Iki gitaramo cya Bigomba guhinduka kizabera I Musanze kije nyuma yaho abo banyarwenya bakoze ibindi bibiri byakibanjirije icyabereye i Kigali n’ikindi baherutse gukorera mu mugi wa Huye muri Kaminuza y’U Rwanda, ibitaramo ishimira uko byagenze .

Mu kiganiro na Kigalihit muri iki gitondo  Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge  yadutangarije ko bategura umushinga wa kuzajya bakora urwenya bise Bigomba Guhinduka bagendera ku bintu bahora  babona mu buzima bwa buri munsi bw’abanyarwanda kandi bifuza ko  nibamara kuzenguruka igihugu cyose batanga ubutumwa babinyujie mu  rwenya rwa Bigomba guhinduka  bazategura undi mushinga nawo  bakawugira nawouruhererekane .

Yakomeje agira ati : iki gitaramo cya Musanze twagiteguye kugira ngo abakunzi b’urwenya  by’umwihariko aba daymakers bakomeze batubone hafi batarinze guteregerza ko dushyira udukino twacu ku mbuga nkoranyambaga gusa ibi bikazatuma  barushaho  kutwegera no gusabana natwe.

Tumubajije aho bageze  bitegura yatubwiye ko imyiteguro ya nyuma bayikora  uyu munsi ubundi bakitegura kuzamuka mu mugi wa Musanze aho yasabye abakunzi b’urwenya kuzitabira ari benshi cyane kuko babafite  byinshi bazabereka  kandi bikabashimisha cyane .

Clapton kandi yatubwiye ko umwihariko wa Bigomba guhinduka izabera I musanze aruko bazaba bari kumwe n’abandi banyarwenya nka Ndimbati ukunzwe cyane muri Papa Makanika ,Babou, Joshua .kadogo cyangwa njuga uzwi muri Seburikoko  batibagiwe n’abahanzi bazabataramira nka Amag The Black na Maylo,Bexx na Andolah bakunzwe cyane mu mugi wa Musanze

 Iki gitaramo cy’urwenya #BigombaGuhinduka cyatumiwemo abanyarwenya bagezweho barimo Makanika, Ndimbati, Babou ndetse na Joshua .Abazitabira kandi bazanasusurutswa n’umuhanzi Hakizimana Amani wamamaye nka Ama G The Black. Iki gitaramo cyanahaye umwanya abahanzi bakizamuka muri Musanze aho uwitwa Maylo, Bexx na Andolah bazataramira abakunzi babo.

Bitaganyijwe iki  gitaramo kizabera kuri Centre Pastoral Notre Dame de Fatima. Kwinjira mu myanya isanzwe ni ibihumbi 2 000 Frw ni ibihumbi bitanu (5 000 Frw) mu myanya y’icyubahiro (VIP) ugahabwa n’icyo kunywa.kikazatangira kw’isaha ya saa kumi n’ebyeri (18h:00’), basoje saa yine z’ijoro (22h:00’).

Nyuma y’iki gitaramo hateganyijwe ‘after party’ izabera ahitwa Africana

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *