Dj Diddyman yiyongereye muba dj bamaze gukora indirimbo zabo

Niyomugabo Dieu d’Amour uzwi   nka Dj Diddyman Vuba Vuba   ni umwe mu basore bavanga umuziki hano mu mugi wa Kigali ndetse  no kuri Radio Magic Fm  yashyize hanze  indirimbo ye ya mbere  yise  Nshimira akaba yarayikoranye n’abasore babiri bagize itsinda rya Them Guys.

Mu kiganiro  na Kigalihit uyu musore winjiye muri  muzika   bwa mbere nyuma y’imyaka myinshi akora akazi ko kuvanga umuziki yatubwiye  icyamuteye  gukora  indirimbo .

Yagize ati “bitewe n’ikiganiro akora  kuri Magic Fm cyo guteza imbere imbere muzika nyarwanda  uhereye ku bahanzi bakizamuka benshi bita Upcoming  kubera ingorane nyinshi bahura nazo iyo bakijya mu muzika bwa mbere nko  kugorwa kubona uko bageza ibihangano byabo mu itangazamakuru ndetse no kuzikora  muri studio handi henshi hatandukanye .

Yakomej agira ati  “ ntababeshye nanjye nk’umwe  mu bantu bakora mw’itarambere rya muzika  nyarwanda bicishije mu kuzivanga  haba mu tubyiniro dutandukanye hano muri Kigali izo mbogamizi  nanjye nahuye nazo  ku munsi wa mbere  nkijya gukorera indirimbo muri Studio ya The Mane  aho Umusore utunganya umuziki  muri iyo studio uzwi nka Holybeat yatugonye kugira  tubone  indirimbo twari twaramaze kwishyura hiyongeraho no kuba  yarayikoze mu buryo butari ubwa kinyamwuga   ibintu  byambabaje cyane .

Diddyman nyuma yo kutubwira ibibazo yahuye nabyo ubwo yakoraga indirimbo ye ya Mbere yise Nshimira  yatubwiye  ko iyo ndirimbo yayikoze mu rwego rwo gushimisha abakunzi ba muziki nyarwanda kuko n’indirimbo yo kubyina aho umuntu wese yazajya ayifashisha mu birori bitandukanye cyangwa mu tubyiniro aho abantu baba bishimye .

Ku bijyanye n’abasore  babiri bayikoranye  yongeyeho ko abo basore  bafite itsinda ryitwa Them Guys  bakaba bari muri babandi abantu bita Upcoming akaba yarifuje  kwifatanya nabo mu rwego rwo kubafasha kumenyekanisha  impano bafite yo  kuririmba .

Mu gusoza ikiganiro cyacu twamubajije  niba umuzika  awinjiyemo nk’akazi cyangwa ari ukwishimisha atubwira ko awujemo nk’akazi kuko afite  indir minshinga myinshi mu kwezi kwa cumi n’abiri aho bwo yifuza  kuzashyira hanze indirimbo icyarimwe n’amashusho yayo nubwo yanze kudutangariza uko izaba yitwa .

Indirimbo Nshimira  ya Diddyman na Them Guys ifite iminota itatu n’amasegonda 26 ikaba byarakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Holybeat muri The Mane studio.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *