Dr Scientific yashyize hanze indirimbo ivuga ku rukundo rwe n’umufasha we

Sibomana Jean Bosco wamenyekanye nka  Dr Scientific  ni  umuhanzi ubarizwa mw’itsinda  rya The Legends  yashyize hanze  indirimbo  Beretirida  ivuga  ku  rukundo  rwe  n’umufasha we udahwema kumwereka uko  amukunda.

Uyu mugabo umaze kugaragaza  ubuhanga bwinshi bwo gukora  indirimbo ziri mu njyana zose   nka  Afro beat ,Afro Pop ,Rumba na  Rnb   nubwo  ubusanzwe azwiho kuririmba gakondo  ariko ubu  iyo yatuye  umufasha  we  yayishyize mu njyana  ya Reggae .

Mu kiganiro yagiranye na KIGALIHIT  yadutangarije byinshi  ku mpamvu yatumye akora iyo  ndirimbo  ‘’ yagize  ati  indirimbo Beretirida nayikoze nyuma y’igihe  kirekire  ntekereza  impano idasanzwe naha umugore wanjye  mpitamo  kumukorera  indirimbo  yo  kumushimira  ibyiza yagiye  ankorera mu gihe cy’imyaka 10  aho yamuhaye  abana  batatu  barimo imfura  ye  y’umuhungu   agakurikirwa n’umukobwa  naho  bucura akaba  umuhungu .

Muri iyo  ndirimbo  avuga  ibyiza  bitatse umugore  we harimo inseko ye n’indoro ye  bikaba akarusho  uburyo iyo yumvise  ibihanganbo bye iteka  amushyigikira  akamusaba gukomeza gukora cyane kandi amwizeza ko  azamuhora iruhande  igihe cyose azaba akiri  muzima . nawe  mu  butumwa bwose yatanze  muri iyo ndirimbo  yahamije nko azamukunda  iteka  ryose kuko  urukundo amuha rugiye kuzamusaza .

Dusoza na Dr  Scientific yatubwiye  ko ashimira umuryango wamuhekeye umufasha  akaba  igihe  cyose azahora  ashimira  ababyeyi be ndetse  n’inshuti zose z’umuryango .

Yaboneyeho gufata umwanya agira inama  abagabo  bagenzi be ndetse  na abagore ko  bakongera ingufu  mu kwita ku ngo zabo kuko  muri iyi minsi ingo zirasenyuka kubera  kutubahiriza  inshingano  zo kwita  ku rugo ibi  bikaba biri  muri bimwe  Umukuru w’igihugu  iteka asaba abanyarwanda ko  bagomba kubahana no koroherezanya muri  byose kuko iterambere  ry’umuryango   rituma n’igihugu  gitera  imbere .

Ku ruhande rw’itangazamakuru yashimiye   byihariye  ikinyamakuru  Kigalihit uburyo  kidahwema kumuba  hafi  ndetse  n’ibindi binyamakuru byinshi  bikorera hano mu Rwanda uburyo  bimutera ingabo mu bitugu ndetse  n’abakunzi  b’umuziki we  bahora iteka bakurikirana  ibihangano

Indirimbo  Beretirida  yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer  Pastor  P  naho amashusho yo akaba azakorwa mu minsi ya vuba .

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *