Dr Scientific yavuze ibyiza bitatse u Rwanda Mu ndirimbo ye nshya yise “ Rwanda

Sibomana Jean Bosco wamenyekanye nka  Dr Scintific  ni  umuhanzi ubarizwa mw’itsinda  rya The Legends aho abanamo na mugenzi we  King The winner ,Kuri ubu uyu mugabo  yashyize hanze indirimbo yise Rwanda Ivuga ibyiza bitatse u Rwanda

Muri  iyi ndirimbo uyu muhanzi  aririmbamo amagambo yuzuye  byinshi mu bitatse u Rwanda aho yagize  ati “Ibyiza by’u Rwanda ni byinshi cyane keretse uje ukareba nawe wagubwa neza. Rwanda uratuwe, utuwe n’abanyarwanda, Rwanda uragendwa, ugendwa n’amahanga. Uzarebe uwahageze ntiyifuza gutaha kubera ibyiza by’aho. Rwanda waje ukenewe, wihutishije iterambere ry’abanaywranda, utsura umubano mwiza n’ibindi bihugu.”

Muri iyi ndirimbo  Dr Scientific  yashtse kugaragaza uko u Rwanda ruteye  nyuma ya Jenoside yakorewe abahanzi aho avuga byinshi ku kwiyubaka nyuma y’Imyaka 25  naho rugeze mw’Iterambere kugeza aho  abanayamahanga iyo barugezemo batifuza gusubira iwabo kubera Ubwiza,ubuzima ndetse n’umutekano usesuye  baba bafite .

Mu Kiganiro na Kigalihit Dr Scientific  wamenyekanye mu ndirimbo nka nzatuza, Ubutwari,Why,Leave The Drug na Rwandan Girl   yadutangarije byinshi muri muzika ye ndetse anadutangariza uko we igihe cyose aba yumva yafasha amatsinda y’abahanzi benshi bafite Impano aho akorana Indirimbo nabo  .

Yagize ati mbinyujije mucyo nise Economic for African Talent ltd  mfite  abahanzi mfasha  mbicishije mu matsinda ngenda nshinga mu bice bitandukanye muri ayo magroup yose buri imwe agiye afite Umuhanzi ubamo agenda azamura bitewe n’Impano afite muri we .Itsinda Rya Mbere ni The Legends  abanamo na King The winner, Direction  Music  afashamo umuhanzi   Sean Protae uyu we akorera muzika mu gihugu cya Uganda ariko iyo ari mu biruhuko Inaha akaba ariwe umufasha kumenyekanisha ibihangano bye hano  mu Rwanda

Yakomeje atubwira ko afite irindi tsinda ryitwa Vision Group afashamo  Uwitwa  Andre  we akaba yibera muri Leta zunze ubumwe z’Amerika , Tradition music ikaba ibamo umuhanzi witwa Nkwakuzi Emanuel. Hakaba n’indi Group yitwa ‘Abakangurambaga’ , iyi ikaba iba mu ntara y’Amajyepfo.

Tumubajije ukuntu  abasha   gufasha izo group zose yadusubije ko  kubera ukuntu abona  urugendo ari rurerure   muri muzika nyarwanda  we yishimira  kuba abona hari aho ageze ateza muzika imbere  kandi akaba abona ko abishyize hamwe  ntakibananira kaba asaba abahanzi bagenzi be  bitwa ko bagafashe  gushyiramo ingufu bagafasha barumuna babo .

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *