Igitaramo cya Gikondo Idols Yvan Buravan yeretswe urukundo rudasanzwe n’Inkumi (Amafoto)

Ku mugoroba  wo ku wa 30 ukuboza 2018 I Gikondo muri ambassadors Park  nibwo habereye igitaramo cyiswe Gikondo Idols  cyari cyateguwe n’umuhanzi ukunzwe  Auddy Kelly aho yari yahuje ibyamamare  muri muzika ndetse no muri siporo ahaje kugaragara umuhanzi Yvan Buravan weretse urukundo n’inkumi nyinshi.

Nkuko b biteganyijwe iki gitaramo cyagombaga gutangira kw’isaha ya Saa Cyenda z’amanywa aho byari biteganyijwe ko ibyo byamamare bikomoka  I Gikondo byagombaga guca ku itapi itukura ariko siko  byaje kugenda  kubera impamvu za bimwe mu byamamare bitabashije kubonekera iki kuko byinshi byari bifite akazi aho byaje gutangira neza  ahagana I saa mbiri  z’ijoro aho umushyushyarugamba  Irasa Jalas  yageze ku rubyiniro atangira kuganira nabari bitabiye icyo gitaramo ari nako ahagamara  ibyamamare ngo bice kuri tapi itukura ari nako byagendaga bivuga  uko bifata agace ka Gikondo aho  bavuka  ari nako abahanzi bacishagamo bakaririmbira abafana babo .

Nyuma yo gutambuka no gusuhuza bafana babo abahanzi biganjemo abi inshuti za Auddy Kelly nka Alyn Sano,Mc Tino,Gabiro Guitar ndetse n’abandi bakia\zamuka  bagiye baririmbira  abaraho indirimbo zitarenze ebyiri  ari nako  bifotozanya n’abafana babo banasangira ibyo kunywa no kurya .

Ibintu rero byaje guhindura  isura  ubwo umwami w’injyana ya Rnb mu Rwanda  yahageraga ahagana kw’isaha ya saa Tanu’igice  maze inkumi nyinshi zaraho  zikiterera ibirere zikamugaragariza urukundo rudasanzwe  gusa icyatunguye abantu nuko atabashije kubaririmbira kubera  yari afite ikibazo cy’uburwayi gusa mw’ijambo yagejeje kubari aho yababwiye yuko aterwa ishema  no kuba ari umwna uvuka  I Gikondo akaba ari naho yakuriye   bikaba biri mubyatumye yifuza gusangira nabo no kuza kubifuriza umwaka mushya wa 2019.

Yvan Buravan amaze gushimira ibyamamare bikomoka muri Gikondo   hakurikiyeho umuhango wo gutaha kumugaragaro akabyiniro ka AP Club kuri ubu kari mu maboko y’Umuhanzi Auddy Kelly wanashimiye abari bitabiriye ubutumire bwe  anabizeza ko ubu ibintu  bigiye guhiduka  cyane ko ubu ari igihe cyo  gukora cyane anabasaba ko uko bazajya babona akanya bazajya baza kuruhukira ndetse no gutaramira muri ako kabyiniro ke gashya .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *