Isimbi Alliance yijeje abanyarwanda ko bazakunda filime ye yise Alliah The Movie

Ku gicamunsi cyo  kuri uyu wa Kane Tarik iya  16 Ukuboza 2021  nibwo umukinnyi wa  Filime Isimbi Alliance  yashyize hanze ku mugaragaro kuri youtube  filime ye yise Alliah The  Movie  .

Mu kiganiro n’abanyamakuru  Isimbi Alliance ukunzwe kwitwa  Alliah Cool  yavuze  ko ino filime  nyuma  yo kuyimurika ku mugaragaro  ku tariki ya 12 nzeri 2021 atigeze yifuza  kuyishyira  ku rubuga   rwa Youube kubera hari ibyo yagombaga kubanza gutunganya ndetse  no kubanza kuyereka mu bice bitandukanye mu mazu yerekana sinema  nubwo yacaga kuri  ikomeye yo mu gihugu  cya  Nigeria  aho ari gukorera ibikorwa bye  muri  Iyi  Minsi.

Isimbi yakomeje  ku mpamvu noneho yatumye  ayishyira kuri  Youtube  aho yavuze ko afatanyije na  sosiyete bakorana ya  One Percent International Management’ sosiyete yo muri Nigeria,nyuma yo kuyicuruza akaba yiyemeje kuyereka Abanyarwanda ku buntu binyuze kuri YouTube.

Uyu mukobwa kandi yatangarije abanyamakuru ko  hari  indir mishinga ari ya filime ari gukoraho aho  bimwe mu bice bya filime ari gutegura byafatiwe muri Nigeria  akaba ubu agiye gukurikiza kujya  mu gihugu  cya  Tanzania  aho azerekeza ku munsi w’ejo kujya  gukomeza gufatirayo amashuo yayo .

Yavuze  ko we n’ itsinda ry’abo bakorana nibava muri  muri tanzaniya bazahita batangira gukora ibice bigomba gukinirwa mu Rwanda mbere yuko binjira mu gice cyo kuyitunganya kugira ngo igere ku isoko.

Iyi Filime ya Alliah ivuga ku buzima bw’umukobwa wakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye akiri isugi bikaza kumuviramo gutwita.

Iyi ‘role’ ikinwa na Isimbi igaragaza uyu mukobwa uba ubana na se nyuma y’uko atwite se akamushyira umusore wamuteye inda. Nyamara ntabwo ubuzima bumumerera neza kuko uyu musore amuzaniraho indaya akajya asambana nazo undi yumva.

Filime ye yatangaje ko itubakiye ku buzima bwe bwite gusa ahubwo harimo n’ibyo agenda abona muri Sosiyete Nyarwanda.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *