Itsinda rya Juda Muzik ryashyize hanze indirimbo shya ryise Burundu’

Itsinda rya Juda  Muzik rigizwe n’abasore  babiri aribo Junior na Darest ni abaore bamaze kwigarurira imitima y’abatari bakeya mu Rwanda mu Ndirimbo nka Burundu, Bitinde, Rugende, Naratwawe, In Love, Wawundi ,Kuri ubu  aba basore bashyize hanze indirimbo nshya bise  Burundu.

Ubwo aba  basore batuzaniraga iyi nidirimbo badutangarije ko iyi ndirimbo ari indirimbo y’urukundo aho bayikoze bashaka kugira  buri musore wese cyangwa inkumi iri mu rukundo ijye iyitura umukunzi anamwizeza ko  atazamuhemukir ako bazabana ubuzima bwbao bwose .

Tubabajije  aho  igitekerezo  cyo kwandika iyo ndirimbo cyavuye badusubije ko  babitekereje ubwo bari mu rugendo  bajya  gufata amashusho y’indirimbo yabo bari baherutse gushyira hanze bise Bitindi  maze basanga koko nyuma yo gutinda barasanze bigomba kuba burundu .

Iyi  ndirimbo Burundu mu buryo bw’amajwi yakozwe na Producer Kenny Pro naho mashusho badutangarije  ko bakiri kuyatunganya azajya hanze mu minsi  ya vuba .

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *