Itsinda rya PC Brothers rikorera muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika rije kwerekana itandukaniro mu muziki nyarwanda

Itsinda  rya PC Brothers  rigizwe n’abasore babiri b’abanyarwanda  Kazungu Patrick  na Niyitegeka  Ntwali Clever  baba ku mugabane w’Amerika  akaba ari naho bakorera muzika  yabo  bazanye ingufu zikomeye mu muzika nyarwanda aho bifuza  kwerekana itandukaniro  muri muzika nyarwanda .

Mu kiganiro kigufi Kigalihit yagiranye n’aba basore baherutse gushyira y’indirimbo yabo  bise mfata hanze badutangarije byinshi kuri muzika yabo ndetse no kubuzima bwabo bwite .

Bagize bati  “ Turi abana b’abanyarwanda   twatangiye muzika tukiri bato ubwo twari mu Rwanda ariko nkuko mubizi igihugu cyaciye mu bizazane byinshi byaje gutuma  dutandukana  mu bwana  bwabo ariko ku bushobozi bw”Imana  twaje kongera guhura I mahanga muri mugi wa New York  muri Leta Zunze ubumwe z”Amerika  ariho twahise twongera  kwisuganya  2015 turongera dukora itsinda   Twise PC Brothers .

Bakomeje batubwira ko kugeza ubu  bamaze gukora indirimbo zisaga 20 ariko kugeza ubu bakaba bamaze gushyira hanze indirimbo 4 zonyine  arizo ,mfata ,Ni Wowe akaba ariyo bakoreye amashusho   Will you Marry Me  uzagaruke naho izindi zizajya kuri muzingo wabo bakaba  bazagenda bazishyira hanze   gahoro gahoro mu buryo bwo gushimsha bakunzi babo .

Niyitegeka Ntwali Clever

Tubabajije ku migambi bafite n’Impinduka bazanye muri muzika nyarwanda  batubwiye ko Impinduka ari ugukora umuziki w’umwimerere  no kumneyekanisha ururimi rw”ikinyarwanda kuko abahanzi benshi b’abanyarwanda  baba bashaka gukora injyana  zimeze nkizo mu mahanga .

Naho Imigambi bafite ni myinshi uwa mbere ni ugutegura umuzingo wabo  uzaba ugizwe n’Indirimbo 20  ikindi ni ugufungura Studio yabo bwite izajya ibafasha gukora muzika  neza kuko muri Amerika gukora indirimbo ni bintu bihenze cyane  nkuko bigaragara bamwe mu bahanzi b’abanyarwanda bahaba bakunda gukorera muri afurika kubera icyo kibazo bakumva nibabirangiza  bazajya babasha gufatanya na bagenzi babo ba muri kiriya gihugu  bagateza imbere  muzika nyarwanda  ndetse n’ikinyarwanda muri rusange.

Kazungu Patrick

PC Brothers basoje basaba abanyarwanda gukomeza gushyigikira abahanzi babao kuko u Rwanda birazwi yuko rubitse impano nyinshi  banashimiye urwego itangazamakuru rigezeho mu gufasha bahanzi bakaba babona ari ibya agaciro gahambaye  babasaba gukomeza  akazi kabo kuko aribo batuma  benshi bamenya ibihangano byabo.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *