Jack B yateguye Igitaramo yise Ndashona Summer Party azahurizamo ibyamamare bitandukanye

Umuhanzi Rugamba Jaques uzwi nka Jack B ni umwe mu basore bamaze igihe  kitari gito muri Muzika  nyarwanda  uyu  musore  wakunzwe mu ndirimbo nka urihe  nizindi nyinshi yateguye igitaramo yise  Ndashona Summer Party azahurizamo bimwe  mu byamamare bikomeye hano Mu Rwanda .

Mu kiganiro na Kigalihit uyu musore yadutangarije ko muri iki gitaramo azamurikiramo amashusho y’Indirimbo ye nshya yise Ndashona yifuje  guhuriza hamwe abahanzi nyarwanda  mu rwego rwo kwishimira  ipenshi ndetse  no kugira ngo babone uko baganira  n’abafana babo .

Yakomeje atubwira ko indirimbo ye Ndashona izaba iri kuri Alubumu ye ya Gatatu  akaba yishimira aho muzika ye ikomeje kugera  nyuma yo kumurika alubumu ebyiri.

Iki gitaramo cya Ndashona summer Party  biteganyijwe ko kizabera I remera Mu kabyiniro gashya kazwi nka Sky Lounge kw’Itariki ya 29 Kanama 2019.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *