Jules Sentore yashyize hanze indirimbo Dimba Hasi yasubiyemo mu buryo bugezweho

Jules  Sentore  ni umwe mu bahanzi bamaze kubaka amateka  hano mu Rwanda mu njyana ya Gakondo  benshi baziko  ayikomora kuri Sekuru  Muzehe Sentore  ndetse na Nyirarume Massamba  Intore . uyu  musore  kuri ubu yashyize  hanze indirimbo Dimba hasi yasubiyemo mu buryo bugezweho.

Iyo ndirimbo Dimba Hasi  biravugwa yuko ari imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane  mu turere tw’amajyaruguru mu myaka  40 ishize aho bayifashisahaga cyane cyane mu bihe  bari mu birori  bitandukanye aho bakoreshaka  ingufu nyinshi  mu kuyiririmba ndetse no kuyibyina .

Sentore yadutangarije ko  nyuma yahoo iyo ndirimbo isubiriwemo na Nyirarume  Massamba nawe ayikoze mu  mpera z’umwaka ushize nawe yakomeje kugenda ashaka uko yazayisubiramo mu buryo bugezweho ariko atitaje cyane injyana yayo gakondo yakozwemo kabone ko  yo inakunzwe cyane hano muri Afurika y’iburasirazuba .

Asoza  Jules Sentore yavuze  ko kuyikora kuriya atari agamije ikindi ahubwo ari ukugira ngo abakunzi be bakomeze baryoherwe n’umuziki we  kuko atawikorera ahubwo aba ayikorera abakunzi be .

Indirimbo “Dimba Hasi” Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo yakozwe na Producer MadeBeats. Ni mu gihe amashusho (Video) yayo yakozwe na Bob Chris Raheem. Ikaba ifite  iminota itatu na masegonda 25.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *