Kayitare Wayitare Wembe benshi bavuga ko yazimye agarukanye indirimbo nshya yise Anita

Kayitare Wayitare Dembe  ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane  na banyarawanda mu ndirimbo abana b’ Afurika,East afrika , Bonane ni zindi nyinshi  kuri ubu yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Anita.

Uyu muhanzi wari umaze imyaka igera kw’icumi  ataboneka muri muzika nyarwanda   aho yagiye akora indirimbo nyinshi zitabariza imfubyi ndetse n’abarwayi ba Sida   ubu yadutangarije ko atahagaritse muzika ahubwo yashyize ingufu  nyinshi mu kwita ku umuryango yashinze wita ku burengazira bwa  muntu binyuze mu kuvuga ku buzima .

Kayitare yagize ati “ n’iby’agaciro cyane kuba  benshi mu banyarwanda barakiriye indirkmbo yanjye Anita mu gihe bebshi bari baziko nahagaritse gukora muzika  kandi ataribyo  gusa nabatangariza ko  mu gihe  batambona nari mpugiye mu kazi ko kuzamura Umueyango nashize witwa witwa A.H.R (Amahoro Human Respect) ukora akazi ko kuvugira ikiremwamuntu ndetse no gufasha imfubyi

Yakomeje atubwira ko  nubwo ari muri ibyo ubu afite gahunda nyinshi harimo kwongera kwigarurira imitima y’abakunzi be  nka mbere anabizeza ko bazishima cyane .

Ku bijyanye n’umuzungukazi bakunze kugaragara bari kumwe kenshi atubwira ko ari inshuti isanzwe kandi  bafatanya mu kazi ka buri munsi anongera  ko ari nawe yifashishije mu mashusho yiyo ndirimbo anita .

Tumubajije igihe azashyirira amashusho yiyo ndirimbo ye nshya Anita yadutangarije ko mu kw’itariki ya 1 Gicurasi 2019  aribwo azayashyira ku mugaragaro akaba ari gukorwa na Hirwa

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *