Kenny Sol wahoze mw’itsinda rya Yemba Voice yavuze byinshi kwitandukana ry’Itsinda ryabo

Kenny Sol ni umwe mu basore bari bagize utsinda rya  Yemba Voice ariko Kuri ubu akaba uyu musore nyuma yo gutandukana  na bagenzi be asigaye akora umuziki ku giti cye ndetse kuri ubu uyu musore  ni umwe mu basore  baririmbye mu ndirimbo y”umunyamakuru K john ari kumwe n’abahanzi benshi  yise Indorerwamo .

Uyu musore ubwo bari mu gikorwa cyo gufata amashusho yiyo ndirimbo indorerwamo yagiranye ikiganiro na Ktv Rwanda ndetse na Kigalihit maze adutangariza byinshi kw’isenyuka ry’Itsinda  ry Yemba Voice .

Kenny yagize ati Ntago twashwanye nkuko abantu babitekereza  twararebya dusaga nyuma yo kujya kwiga  ku Nyundo  buri wese yari afite uko azakora umuziki we yatanze urugero avuga ko Billy we yakundaga gakondo naho , Moses akaririmba ibyo ku giti , niho bahise bafata icyemezo  cyo kujya baura nk’Itsind arya yemba Voice ariko ushaka akajya  akora igihangano cye bitababujije kuba umuryango umwe .kandi yizeza bakunzi babo ko bidatinze bazakoran aindirimbo  bazabona vuba .

Abajijwe  ku bijyanye n’ikibazo cyavutse kw’ishuri  rya Muzika ubu risigaye riba  I muhanga , yasubije ko uko abantu bose byabyumvise ariko nawe yabyumvise  kuko we akenshi atakundaga kujya muri izo concert babaga bahamagayemo kabone ko aribwo yari akigerayo muri icyo gihe akab ayarakundaga kuba yihugiyeho cyane muri muzika ye.

Akomoje ku bijyanye  no kuba barababwiraga ko ari Ukwimenyereza  yasubije ko kenshi  babwiraga ko ari Ukwimneyereza ariko  hakaba n’igihe bazana amasezerano  bakayasinya ariko ku giti cye  ntiyigeze  abijyano  nubwo abandi bagenzi be babanyeshuri bajyaga bacishamo bakijujutira ibyo ubuyobozi  bw’ikigo bubakorera .

Kenny ku bijyanye n’amakuru avugwa yuko abahanzi bagiye kwiga Muzika muri ririya shuri bari baramaze kwamamara nkaba Danny Nanone, Derek , Lanie na bandi benshi bagezeyo umuziki wabo ugashira kandi bari bari ku rwego rwiza yavuze ko  ibyo bivugwa ataribyo ahubwo buri muntu agira uko yubaka ibintu bye  kugira azatere imbere . naho ku banyeshuri bize ku nyundo bavugwaho ko iyo bageze hanze  bifunga ku bandi bahanzi babakangisha ko bon go bazi umuziki , uyu musore usubiza mu magambo make yavuze ko ubikora wese aba ariko asanzwe yimereye muri kamere ye.

Mu gusoza  Kenny Sol yasabye abakunzi be ndetse  n’aba Yemba Voice ko bakomeza  kubatera ingabo mu bitugu nkuko babikoze  kuva kera banabashimira  uruhare bagize mw’Iterambere ryabo .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *