Kigali na Rubavu hagiye kubera ibitaramo bya Silent Disco bizaneza abakunda umuziki.

Muri iyi minsi mu Rwanda bitaramo byiswe  Silent Disco  biri mu bikunzwe cyane hano mu Rwanda  kubera ko abakunzi ba muzika muri ibyo bitaramo bumva umuziki udasakuza aho buri wese yibyinira indirimbo yifuza bitewe nuko abadj baba bazicuranga.

Ni kuri  iyo mpamvu mu mperza z’iki cyumweru  hari ibitaramo bibiri bizabera  hano mu Rwanda  kimwe kizaba  ku wa gatanu   2019 cyiswe Happy People  Silent Disco  naho ku wa gatandatu  hakazaba icyo  bise Beach Silent Disco .

 Mu kiganiro nabari kugitegura  yatubwiye ko  muri iyi minsi bashyize ingufu nyi nshi mu gushaka  uko bashimisha  abankunzi ba muzika hano mu Rwanda akaba ariyo mpamvu muri iyi minsi bashyizemo ingufu nyinshi mu gushaka ibikoresho  byo kuzajya bakoresha  muri ibyo bitaramo .

Tumubajije  niba kubona ibyo bikoresho  bitarabagoye  yadusubijeko byabatwaye  umwanya munini cyane ariko kugeza ubu bakaba bamaze  kwitegura ibintu byose  igisigaye ari  umunsi nyamukuru

Mu gusoza yasabye abnyakigali ndetse n’abanyarubavu kuzitabira  ari benshi muri ibyo bitaramo kuko bahishiwe  byinshi n’abadj bakomeye bo mu Rwanda .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *