Kwizerana no gukundana nibwo ubutumwa bwo mu mashusho y”indirimbo Winner Of Love ya The Legends

Itsinda rya The Legends   rigizwe na basore babiri  Sibomana Jean Bosco uzwi nka Dr Scientifi na King The Winner ni abasore bamenyekanye mu ndirimbo , Kuiri ubu iri tsinda ryashyize hanze amashusho y’Indirimbo Winner of Love  yuzuyemo ubutumwa bwo gukundana no Kwizerana .

Ubwo iri tsinda ryatugezagaho amashusho y”indirimbo Winner of  Love , Umwe mubarigize ari nawe muvugizi waryo Dr Scientific  yadutangarije ko muri iyi ndirimbo hakubiyemo ubutumwa  ku bantu bose bakundana baba abana ndetse n’abakuru kuko urukundo ariryo Pfundo rya  byose mu buzima .

Yagize  Ati “ twe twayikoze tugamije  guha inama  no gusaba urubyiruko  ndetse n’abasheshakanguhe  ko mu gihe cyose bari mu rukundo kwizerana no gukundana ariryo fatizo ry’aheza  habo , ikindi nuko mberu yuko ukora ikintu ugomba kubanza ku gitekerezaho cyane  ureke abubu basigaye bashaka umwe atazi undi  bikazabaviramo gutana hadaciyemo kabiri akarba aiyo mpamvu  dusaba abakuze guha uburere bwiza no kwigisha abana babo urugero rwiza  kugira bazashake abafasha  bababereye  kandi bakundana

Uyu mugabo iyo muganira uba ubona yifuza kubona ibintu byose biri ku murongo yakomeje atubwira ko kugeza ubu abona itsinda ryabo rya The Legends ibyo rufuza kugeraho aribyo gutanga ubutumwa bwubaka sosiyete nyarwanda  riri kugenda ribigeraho akaba  yashimiye buri wese ufata Umwanya we akajya kuri youtube yabo akareba indirimbo zako ko ari uwa gaciro cyane .

Iyi ndirimbo winner of Love mu majwi yakozwe n’umusore usanzwe abakorer indirimbo producer Trackslayer wo muri Touch Record  naho amashusho atunganywa na AB Godwin usanzwe akorera mu nzu ifasha abahanzi ya The mane

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *