Magaly Pearl yishimiye kuririmbira ku rubyiniro rumwe n’ibyamamare bikomeye muri Amerika

Ingabire  Magaly Pearl  ni umuhanzi kazi nyarwanda  usanzwe ubarizwa mu mujyi wa Dallas muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aho akorera umuziki we ndetse  n’ibyo gukora make up , uyu mukobwa ari mu byishimo byinshi cyane nyuma yo kuririmba mu gitaramo kitabiriwe n’ibyamamare.

Mu cyumweru gishize nibwo uyu mukobwa yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Abubu iri mu zikunzwe cyane  yadutangarije ko mu mpera z’icyumweru gishize yatumiwe mu gitaramo   gikomeye muri Amerika  kiswe  Hollywood Live kiba kitabiriwe n’ibyamamare bikomeye muri muzika y’Amerika.

 Yagize  icyo gitaramo cyari kiyobowe n’umunyarwenya William Bellamy   aho cyari kitabiriwe n;abahanzi benshi barimo T.I n’umugore  ndetse na bandi benshi  ibintu wabonaga bibereye ijisho  kuko byacaga imbona nkubone ku mateleviziyo akomeye muri icyo gihugu .

Igihe cyarageze undi munyarwenya uzwi nka Michael Blackson yahise aboneraho umwanya amuhagara ku rubyiniro   ibintu  byamushishije cyane  kuririmbira imbere y’imbaga  ingana gutyo kandi ikomeye .

Magaly yadutangarije ko byari ibintu by’agaciro cyane kubona ariwe  bahisemo gutumira kuza kubasusurutsa  kuko benshi  mubari muri icyo cyumba badasobanukiwe neza ikinyarwanda iki nuko batumva ururimi ndirimbamo .

Yakomeje atubwira ko mbere y’uko  aririmbira abaraho yababje kubaganiriza ku mateka y’igihugu cye asanga benshi hari amwe mu mateka y’u Rwanda  bazi ibintu wabona biteye ishema cyane .

Magaly  yaririmbye zimwe mu ndirimbo nka hold Me , The One  utibagiwe n’Abubu indirimbo zishimiwe na benshi muri icyo gitaramo nubwo byamufashe umwanya wo gusobanurira abari bitabiriye icyo gitaramo.

Nyuma yo kuva ku rubyiniro Magaly  yagize amahirwe yo kuganira na bimwe mu byamamare  byari byitabiriye igitaramo cya Hollywood Live harimo T.I wamugiriye inama  yo gukora cyane kuko afite impano ihebuje.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *