Marina yashyize hanze indirimbo nshya yise Niwowe iri mu njyan aya zouk (Video )

Marina Deborah  ni umukobwa ni umwe mu bakobwa bo mu Rwanda bari kwigaragaza  neza cyane muri muzika  nyarwanda  , uyu mukobwa ubarizwa mu nzu ifasha abahanzi  ya The Mane Ibarizwamo  Safi ,Queen Cha nba Jay Polly  yashyiriye rimwe hanze amashusho n’amajwi y’Indirimbo yise  Ni wowe .

Uyu mukobwa ukunze kuvugwa kumenya gukoresha umubiri we iyo ari ku rubyiniro yamneyekanye mu ndirimbo nshyinshi yagiye afatanya n’abandi bahanzi benshi bakomeye mu  Rwanda nka love you yakoranye na Harmonize, Decision  ari kumwe na Papito, Umusaraba wa Josua ari kumwe na Jay Polly ndetse ni zindi nyinshi yagiye  nyinshi cyane .

Iyi ndirimbo Niwowe  iri mu njyana ya Zouk bimwe mu bintu benshi batari bamuziho ariko  yongeye kwerekana ko ashoboye , iyi ndirimbo byumvikana ko ari  iy’urukundo  yayikoze ashaka kwerekana ko hari igihe Umuntu akund aundi akmwimarira akumva atabaho  atamufite akaba yarashaka gutanga ubutumwa bwo gukunda cyane  hagati y’abakundana.

Marina abantu baherukaga kumwumva  ashyira indirmbo hanze  mu gihe kitari kirere kuko iyo yaherukaga gukora  ni Log Out nayo yigaruriye imitima ya benshi ,Indirimbo Ni wowe  mu buryo bw’amajwi yakorewe muri Studio ya The Mane  ikorwa na Lee John naho mu buryo bw’amashusho ikorwa na AB Godwin usanzwe akorera abahanzi bo muri The Mane amashusho y’Indirimbo zabo

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *