Mc Brian n’inshuti ze boroje imiryango 15 itifashije I Nyamata (Amafoto)

Mu mpera z’icyumweru gishize ku munsi wok u cyumweru tariki  ya 24 Ugushyingo  2019 umusore  uzwi nka Mc Brian  n’inshuti ze boroje amatungo magufi  imiryango 15 itishoboye mu karere ka Bugesera

Mu  kiganiro na Kigalihit Mc Brian  yadutangarije  ko iki gikorwa

Iki n igikorwa nateguye mfatanyije ninshuti zanjye, mu rwego rwo kwishimira imyaka 3 maze ndi MC, ariko nifuje mukubicisha mugufasha umuryango nyarwanda muri rusange. Aho twakoze ubukangurambaga ku mbugankoranyambaga bwo koroza imiryango itishoboye.

Tworoje imiryango 15 buri muryango tuwugenera ihene imwe kandi twanayishishikarije kuzoroza iyindi kugirango dukomeze kurwanya ubukene muri rusange.

Iki n igikorwa ngarukamwaka, dore ko iyi ari incuro ya 3 dukora ibikorwa bifasha umuryango nyarwanda muburyo butandukanye.

Ikindi kandi numva nk’ urubyiruko hari umusanzu munini dukwiye guha igihugu cyacu cyaduhaye amahirwe menshi yo kwiteza imbere natwe tukacyitura tubinyujije mugukora ibyiza no gushyigikira gahunda nziza  za Leta

MC Brian amaze kugaragara mu bikorwa bitandukanye nka Tour du Rwanda, Championat ya Basketball yose, ibitaramo bya FPR, Album Launch za Riderman, ibitaramo bya Meddy, The Ben, no mu mikino myinshi itandukanye, mu bukangurambaga butandukanye bwa Leta, no kwamamariza ibigo byubucuruzi.

Yasoje  ashimira  buri wese  witanze kugira  ngo  icyo gikorwa  kibashe kugenda  neza yanashimiye  Migo ltd na Image Rwanda. Imana ibahe imigisha

Amafoto :Ishimwe  Grace

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *