Menya byinshi ku bwiza bwa Parike y’Igihugu y’Akagera hamwe na Wilson Tours (Amafoto)

Uko iminsi ishira leta y’u Rwanda ndetse n’abashoramari benshi hano mu Rwanda bahora bashishikariza  abanyarwanda  cyane cyane urubyiruko kwitabira ibijyanye n’ubukerarugendo   kugira ngo bazabashe kwihangira imirimo .

Ku bufatanye na Wilson Tours ikinyamakuru cyanyu Kigalihit.rw muri iyi minsi  bakoze urugendo rwo gusura parike y’akagera  aho bamwe mu bakiliya ba Wilson Tours bishimiye bimwe mu byiza nyaburanga bigize iyo parike  harimo bimwe mu rusobe nyaburanga  nk’Inyamaswa  zitandukanye  aho itsinda rya Wilson Tour  ndetse n’abakozi b’ikigo cy’Igihugu cy’iterambere  bagiye basobanurira  abari bagiye kw’itemberera igihgu cyabo .

Ubwo abari bagiye  gusura iyo parike  mbere y’uko urugendo rutangira ahagana kw’isaha ya Saa Kumi n’imwe itsinda rigizwe n’abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bahagurutse  berekeza mu karere ka Kayonza  ahari icyo cyanya  gitatswe n’ubwiza  bw’urusobe bw’inyabuzima  bindukanye.

Agahana kw’isaha ya saa mbiri n’igice  nibwo umunyamakuru wacu wari wajyanye nabo yari ageze aho bakiririra abakiliya  mu Akagera Parike  batangiye guhabwa  amabwiriza yuko bagomba  kwitwara mu gihe bari kwerekwa ibyiza bigize iyo Parike ifite amateka yo kuba ari imwe mu zimaze imyaka myinshi kabone ko yashinzwe  mu mwaka 1934 aho yari ifite  ubunini  bungana na 2500Km² ariko nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 ikaba yaraje kugabanywa  igashyirwa kuri 1.122km² kubera ikibazo cy’abaturage barimo gutahuka  bagatangira kwibasira zimwe mu  nyamanswa  ibyo bikaba yaratumye  Leta ishyiraho ingamba yo kuzirinda kuko ari bimwe mu bitatse u Rwanda .

Urugendo rwaratangiye  ubona  abantu bose bafite amatsiko yo kwirebera zimwe mu nyamanswa zituma iyi parike y’Igihugu isurwa n’abantu benshi  cyane  nk’Intare.Inzovu, Inkura,agasumbashayamba (Giraffe ) Imvubu, Impala, Imparage  ndetse n’izindi  nyinshi zibereye amaso  aho amatsiko yari  yose .

Uru rugendo ni urugendo abantu benshi bajyamo bishimiye ariko  bisaba kw’ihangana kuko  bisaba amasaha Atari munsi y’umunani  kugira ngo ube wirebeye   ibyiza byose  birimo n’ibiyaga  .

Mu Kiganiro na Habimana Wilson  umuyoboizi mukuru wa Wilson Tours  yatangarije Kigalihit ko  icyobo bashyira Imbere ari uguteza imbere ubukerarugendo ndetse bashishikariza banyarwanda gushyira imbere gahunda ya Tembera U Rwanda  kugira ngo  babashe kumenya ibyiza  nyaburanga bitatse  urwagasabo  ndetse no kubigisha kwihangira Imirimo .

Mu gusoza iyi nkuru tubibutse ko ibyo bikorwa bya tembera u Rwanda na Wilson Tours  muri iki gihe cy’iminsi mikuru  yo gutangira umwaka mushya wa 2019 bafite  izindi ngendo  zo kwirebera ibyiza  bitatse u Rwanda  aho kw’itariki ya5 Mutarama 2019 bazakora  ubutembere ku kiraro cya Canopy  muri parike ya Nyungwe  aho bisaba  amafaranga  35,000 ku munyarwanda  naho  kubakomoka muri afurika y’iburasirazuba  bikaba 40.000 naho abanyamahanga  bo bikaba ari amadorali 120 aho  abazitabira bose  bazabasha  kwirebera amaoko menshi y’inguge ndetse n’Inyoni .

Nyuma yaho kw’itariki ya 6 Mutarama 2019 abandi  banyarwanda ndetse n’abakunzi   b’ubukerarugendo  bazabasha  gusubira kwirebera  ibyiza bitatse u Rwanda Muri parike y’Akagera aho bizasaba  amafaranga  30,000 ku munyarwanda  naho  kubakomoka muri afurika y’iburasirazuba  bikaba 30.000 naho abanyamahanga  bo bikaba ari amadorali 100

Irebere mu mafoto uko  byari byifashe  ubwo twasuraga Parike y’Akagera

Amafoto :Nsanzabera Jean Paul

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *