Michael Sarpong yahanwe na Ferwafa nyuma yo gutuka abafana ba Sunrise

Umukinnyi Sarpong Michael yahanwe na Ferwafa nyuma yo kuba yagaragaye atuka abafana akoresheje urutoki rwa musumbazose bisobanura igitutsi kibi.

Mu ntangiriro z’icyumweru gishize ubwo habaga imikino y’umunsi wa gatanu wa Shampiyona y’umupira w;amaguru mu Rwanda , ikipe ya Rayons Sport yari yakiriwe na SunRise yo  mu ntara y’iburasirazuba  mu mutara umukino warangiye Rayons Sport itsinzwe  ibitego  2-1.

Muri  uwo mukino  rutahizamu w’umunyaghana wa Rayons Sport Michael Sarpong yakoze amakosa bimuviramo  guhabwa  ikarita  itukuru asohorwa  mu kibuga , ubwo yavaga mu kibuga yongeye kugaragara atuka abafana  ba Sunrise aho yaberetse urutoki rwa musumba zose igitutsi benshi  batavugaho rumwe kubera ko ari kibi cyane .

Nyma yo gukora ibyo Komisiyo  ishinzwe imyifatire muri  Ferwafa  kuri  uyu wa mbere yashyize hanze  itangazo rigenewe abanyamakuru  ririmo  imyanzuro ikomeye yafatiwe Ibihano nubwo uyu  musore yari yasabye imbabazi ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda , ikipe ye  ya Rayons Soprt ndetse  n’abafana bose  ko ibyo yakoze bitazasubira

Mu myanzuro  yafatiwe uyu  mukinnyi ni ukutazakina umukino  wo ku munsi wa  shampiyona aho Rayons Sport izakina na Marine Fc

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *