Mico The Best yasabye abakundana bose kwirinda guheza abarwaye Igituntu

Mu minsi ishize  nibwo umuhanzi Mico The  best yatorewe  kurwanya indwara y’igituntu  mu Rwanda aho azajya afatanya  n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC ndetse na Minisiteri y’Ubuzima .

ni ku ubwibyo  uyu muhanzi kuri  uyu munsi abantu benshi kw’isi ndetse no mu Rwanda  bizihiza  umunsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin  wizihizwa buri tariki ya 14 gashyantare  , Uyu muhanzi  yasabye abakunda na ko muri iki gihe cy’ibyishimo  bagomba  kwirinda guha akato ndetse no  Kunena  abarwayi b’indwara y’Igituntu .

Mu butumwa  buri mu mashusho uyu  muhanzi yasangije  abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze nka Twitter na whatspp yabasabye ko rwose  kuri uyu munsi w’abakundana na  bagomba kwishimira aho urukundo bafitanye  rugeze ariko birinda ibintu byinshi birimo kurwanya  icyorezo cy’Indwara y’Igituntu ndetse  n’ubwandu bwayo .

Yakomeje agira ati : Mumfashe  dushyire hamwe  turwanye uburyo bwose bukoreshwa na benshi mu guha akato  uwanduye indwara y’igituntu , Mureke twamaganire kure  inena guha  akato uwo murwayi kandi tubigire ibyacu tunabishyire imbere .

Mico kandi  yasabye abamukurkira bo ko bagomba kuba hafi abarwayi b’igituntu kuko batagomba gusongongera  ku buharire bw’ubuzima  bwo guhora bigunze ,kwimwa kazi nka bandi,Guhorana ikimwaro mu gihe bari  muri sosiyete y’abantu ,Cyangwa  ngo indwara  y’Igituntu ibe intandaro  yo gutandukanya abakundanye .

Mu gusoza ubwo  butumwa  yashimangiye ko abanyarwanda  bashyize hamwe  bakamaganira kure ibimenyetso  byose  byo guha akato umurwayi w’igituntu  ari umusanzu ukomeye  mu kurwanya iyo ndwara yica  abantu  benshi  mu gihe gito kuko urukundo ruruta byose   mu gihe iyo ndwara ivurwa igakira .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *