Mico The best yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo Circle remix yakoranye na B Flow wo muri Zambia (Yirebe )

Umuhanzi Mico The  best ni umwe mu bahanzi bakunze cyane hano mu rwanda mu njyana ya Afrobeat  nyuma yahoo asinyiye amasezerano yo gukorana n’inzu ifasha abahanzi  ya KIKAC Music  uyu musore yashyize hanze  amashusho indirimbo ye ya Circle  yakoranye ‘umunyazambiya Bflow .

Mu kiganiro twagiranye n’umwe  mu bayobozi muri KIKAC Music  yadutangarije ko  muri iyi ndirimbo hakubiyemo ubutumwa bw’urukundo   aho Umuhungu yakunze umukobwa wo mu bakire ariko kubera ko we yavukaga mu muryango w’abakeken umuryango ukajya wanga ko bakundana  ibintu byatumaga  urukundo rwabo rushobora guhagarara.

Muri make iyi ndirimbo ivuga ku buzima busigaye buriho muri iyi minsi aho urukundo rusigaye rurimo ugukunda ibintu cyane kurusha gukundana.

Tugarutse ku muhanzi   Bflow kuva muri 2009 ni umwe mu bahanzi bo Muri Zambia bamaze guhamagarwa mu marushanwa yo guhatanira ibikombe Inshuro zigera kuri 18 aho yegukanye ibisaga 10 , B flow kandi afite alubumu  5 aho iya mbere yitwa Mpu Mpu Mpu yayishyize hanze muri 2009,iya 2 ni Dabo Trabo yakoze muri 2010,No More  Kawilo yayikoze muri 2012.iya 3 yageneye abagore yayise Voiceless Woman  muri 2013  naho iyo aheruka ni Dear Mama yatuye umubyeyi we akaba yo yarayishyize hanze muri 2016.

Indirimbo Circle Remix mu buryo bw’amajwi yakorewe muri Country Record na Producer Iyzo naho mu buryo bw’amashusho ikora n’umusore umaze kubaka izina  mu gutunganya amashusho ya benshi mu bahanzi ba hano Mu Rwanda ,akaba anakorana bya hafi n’inzu ifasha abahanzi ya KIKAC Music  uzwi nka Fayzo

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *