Miss Rwanda 202 Nishimwe Naomie yavuze byinshi ku manota yagize mu kizamini gisoza Umwaka wa 6 wisumbuye

Nyampinga w’u Rwanda 2020 Nishimwe Naomie wabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga kubera amanota make yagize mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye 2019 yavuze ko atabuza abantu kuvuga ariko ngo yagize umwaka mubi waranzwe n’uburwayi.

Uyu mukobwa wagize amanota 13 mu bizamini bya Leta ndetse ntagire isomo na rimwe atsinda mu ishami rya MEG yigaga

Mu Kiganiro amahumbezi  gica kuri Radio  Rwanda  uyu mukobwa wakomeje kuvugwaho  cyane  ku mbuga  nkoranyambaga  yavuze  ko atabuza abantu kuvuga ibyo bashaka gusa avuga ko umwaka ushize yagize ikibazo cy’uburwayi butamworoheye.

Yagize ati “Ntiwabuza abantu kuvuga ibyo bashaka.Niyo wakora neza gute ntiwabura abaguca intege.Uyu munsi ugomba kuguma mu mwanya wawe ukavuga uti “Ibi ndabikoze kuko ushobora gukora ikintu cyiza umuntu akabona ko ari kibi.
Amanota yanjye ntabwo nayakiriye neza.Uko mwayabonye niko nanjye nayabonye kandi ntacyo nahinduraho.Ibyo nakora n’ibikorwa byanjye.

Abajijwe icyatumye agira uriya musaruro mubi yagize ati “Ntabwo navuga ko ngiye gutanga impamvu z’urwitwazo nyinshi ariko mu mwaka wanjye,ubuyobozi bw’ikigo burabizi, nagize ikibazo cyo kurwara gusa s’urwitwazo ntanga nk’impamvu yatuma ngira ariya manota.Ubu ndashima Imana ko nkiri muzima.

Uyu mukobwa yatangaje ko adateze kuzasubira mu mashuri yisumbuye ngo abone amanota amwemerera kwiga muri kaminuza ahubwo ngo ari kwitegura gushaka kaminuza yerekezamo.

Ubusanzwe itegeko riteganya ko umunyeshuri wemerewe kwiga kaminuza ari uwatsinze amasomo 2 muri 3 agize ishami yigagamo  rya Mathematics , Econimie  na Geographie (MEG) gusa uyu mukobwa nta na rimwe yabashije  gutsinda

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *