Mtn Rwanda yateguye iserukiramuco rizamara iminsi 3 rya Sawa Sawa Mtn Festival.

Mtn Rwanda n’ikigo ikigo cy’Itumanaho cyiamze imyaka  isaga 20 gikorera  mu Rwanda  aho giha abakiliya baco service zitandukanye z’itumanaho . iki kigo cyatangaje  ko kiri gutegura iserukiramuco rizamara iminsi itatu rizitwa  Sawa Sawa Mtn Festival.

Mu kiganiro  n’itangazamakuru kuri uyu wa 05 Ukuboza 2019  , Ubuyobzoi bwa Mtn Rwanda  bwatangaje byinshi kuri  iyi gahunda ya Sawa Sawa Mtn Festival aho batangaje ko iryo serukiramuco  rizaba  mu mwaka utaha  hagati y’Ukwezi kwa 7 n’Ukwa 8 umwaka utaha wa 2020.

Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri MTN Rwanda, Richard Acheampong, yavuze ko bashaka ko Abanyarwanda ubwabo aribo bazihitiramo abazabataramira.

Ati “Iri serukiramuco ni iry’Abanyarwanda, ni bo bazahitamo abazabataramira kuko ni bo bazi icyo bashaka. Tuzifashisha imbuga nkoranyambaga zacu n’amaradiyo Abanyarwanda bihitiremo abahanzi b’Abanyarwanda n’abo hanze bazabashimisha n’abavanga imiziki bizaba ari uko.”

Yavuze ko bateganya kuzashyiraho igiciro gito cyo kwinjira, amafaranga azavamo agakoreshwa mu wundi mushinga uzatangazwa nyuma.

Nubwo iki kiganiro cyari kitabiriwe n’abahanzi Active , Bull Dogg na Yvan Buravan Ubuyobozi bwa Mtn bwatangaje ko  ataribo bonyine bazaryitabira  kuko hari nabandi benshi basanzwe bakoran kandi nabo nibemezwa n’abaturage  bazagaragara muri iryo serukiramuco.

Nkuko bisanzwe mu bitaramo byinshi bya Mtn Kwinjira akenshi mu rwego rwo kugabanya umuvundo ku  muryango hakoresha uburyo bwa MTN Mobile Money akaba ri nabwo buzifashishwa muri iryo serukiramuco .

Tubameyeshe ko  mu byumweru bitari  bike  Mtn yatangije poromosiyo ‘Izihirwe’ yahurijwemo abahanzi bakomeye nka Riderman, DJ Marnaud, Social Mula, Jay Polly, Marina, Safi Madiba na Queen Cha.aba bose bakaba bamaze kuzenguruka uturere dutandukanye mu gihugu hose aho uyu munsi berekeje mu karere ka Rwamagana.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *