Mu Gihe hizizwa umwaka 1 Mozey Radio yitabye Imana Umubyeyi we yajyanye Weasel mu rukiko .

Mu Gihe hizizwa umwaka 1 Mozey Radio yitabye Imana Umubyeyi we yajyanye Weasel mu rukiko .

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Mutarama 2019 nibwo afurika y’iburasirazuba   yose yibuka umwaka umwe  Ssekibogo  Mosez wakunzwe nka Radio  avuye mu buzima bw’abazima  aho benshi bamwibukira kw’ijwir rye kugeza nubu ritarava mu mitima ya benshi .

Muri iki gihe rero  abakunzi be bamwibuka  abo mu muryango we abarangajwe imbere n’umubyeyi we  Kasubo Jane  yongeye kujyana ikirengo  mu rwego rushinzwe iperereza rwa Uganda  arega umuhanzi Weasel wahoranye n’umuhungu we mw’itsinda rya Goodlyfe  na bagenzi be bagera kuri 7 abashinaja gufata  ibihangano by’umuhungu we bakabicuruza nta burenganzira .

Uyu Mubyeyi yatangaje ko abo basore bose  bafashe aibihangano bya radio bakabisubiramo maze bakongera bakabibyazamo umusaruro w’amafaranga batabibamenyesheje .

Nkuko tubikesha ikinyamakuru Dailymonitor cyaho muri Uganda  Umuvugizi wa CID  SP Henry Ssekatte  yahamije ko  abo bahanzi babatumyeho kuza kwitaba  ku biro bya CID ahitwa Kibuli muri Kampala yongeraho iyi nshuro nibatitaba bazashyirirwaho impapuro zibafata kuko n’ubwa mbere babatumyeho barasuzugura banga kwitaba kubera ibyo bikeka .

Zimwe mu ndirimbo za Radio bivugwa ko radio yasubiyemo akazigurisha ni  Neera ,Nakessa,Mpeka na Zino Enaku akab arizo ari gushinjwa .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *