Mutima wagaragaye ku rubyiniro hamwe na Johnny Drille yashyize amashusho y’indirimbo ye ya mbere

Mutima  Pierrine ni umuhanzikazi  umaze kubaka izina  mu ghe  gito nyuma yo gusoza  amasomo ye mw’ishuri rya  Muzika ku nyundo  aho yakunze kugaragara cyane  ku mbyinironyinshi afasha abahanzi .

Uyu mukobwa wazamukiye muri Sebeya Band y’abanyeshuri  bo ku Nyundo  kuri ubu yinjiye  mu muziki  neza neza aho yatangiranye indirimbo ye ya mbere yise Urabaruta .

Mu kiganiro na Kigalihit uyu mukobwa yadutangarije byinshi  ku bijyanye na muzika ye  aho yadutangarije ko  kuva yarangiza  amasomo ye  yahise atanira kujya afasha  abahanzi  batandukanye harimo  aho bagiye bagaragara mu bitaramo bya Primus Guma Guma ndetse  no mu nama mpuzamahanga  aho babaga batumiwe  gutaramira abashyitsi.

Ku bijyane  n’indirimbo ye shya  yise Urabaruta  yatubwiye ko ari indirimbo ye ari nkuru mpamo  kuko  avuga amateka yamubayeho mu buzima bwe bw’urukundo  aho yaririmbiye  umusore bakundana wigeze  kumusiga ariko nyuma bakaza  kwisanga basubiye mu rukundo akaba ariho yahereye  ayimutura .

Tumubajije indirimbo kugeza ubu amaze gukora yatubwiye ko muri Iyi minsi yari ahugiye  mu gukora imyitozo myinshi muri   Neptunez Band asanzwe  aririmbamo  gusa akaba  afite  gahunda  nyinsho zo  gutangira  gusohora  indirimbo ze kugiti  cye kandi nziza  ku buryo abakunzi ba muzika bazazishimira  ku buryo bizagera aho bimutunga  nk’umwuga .

Ku bijyanye no kuba  mu minsi ishize yaragaragaye ku rubyiniro muri  Kigali  Jazz Junction aririmbana n’umuhanzi w’icyamamare  muri nijeriya  uzwi nka Johhny Drille  aho basubiranyemo indirimbo halleluya yakoranye  n’umuhanzikazi Simi .

Yadusubije ko  nyuma yo kuva ku  rubyiniro  mu kiganiro  kigufi  bagiranye  yamushimiye cyane ubuhanga   afite  mu kuririmba  amwizeza ko  mugihe azaba amukeneyeho ubufasha azabumuha  kugira bashe kugera kure

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *