Myugariro Rwatubyaye Abdoul yaba agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans

Myugariro wa Rayon sports Rwatubyaye Abdul uri mu bihe byiza arashakishwa bikomeye n’ikipe ya Young Africans ishaka kumugura ngo ayifashe mu bwugarizi bwayo cyane ko kapiteni wayo Kelvin Yondani ari gusaza

 

Rwatubyaye wemeje Young Africans mu mukino iheruka gutsindwa na Rayon Sports igitego 1-0, arashakishwa n’iyi kipe ifite abafana benshi muri Tanzani kugira ngo ayifashe kuziba icyuho kiri mu busatirizi bwayo burimo abakinnyi benshi bakuze.

 

Ubwo Yanga Africans yari imaze guhabwa isomo rya ruhago na Rayon Sports,abatoza bayo barimo Mwinyi Zahera bashimye Rwatubyaye Abdul cyane bamwaka nimero za telefoni n’uburyo bamubona kugira ngo bazamuvugishe abashe kwerekeza muri iyi kipe.

Biravugwa ko aba batoza ba Young Africans batunguwe n’ubuhanga bwa Rwatubyaye ndetse banga kwemera ko ari Umunyarwanda byatumye babwira umuherwe Yusuf Manji ko babonye myugariro wa mbere mu Rwanda bifuza kugura.

Ntabwo Young iratangaza ku mugaragaro ko ishaka Rwatubyaye gusa amakuru dukesha zimwe mu nshuti ze za hafi  nuko batwaye nimero ze za telefoni kugira ngo bazamuvugishe ndetse bumvikane ku byerekeye kuyikinira.

Rwatubyaye Abdul aherutse kongera amasezerano mashya muri Rayon Sports ku buryo Young Africans imwifuje yavugana na Gikundiro igira umuco mwiza cyane wo gufasha abakinnyi bayo kwerekeza hanze iyo amakipe akomeye abifuje.

 

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *