Ne-yo, Meddy,Naomi Campell ,Sherrie Silver, Luis van Gaal,Tony Adams bazitabira umuhango wo kwita izina 2019.

Muri gitondo cyo kuri uyu wa kabiri ikigo cy’igihugu cy’iterambere  (RDB)cyagiranye ikiganiro n’itangazamakuru ahazwi  nka Kigali Cultural and Exhibition Village aho cyatangije ku mugaragaro ibikorwa  bijyane n’umuhango wo kwita izina uyu mwaka .

Muri icyo kiganiro Umuyobozi Ushinzwe ubukerarugendo Belise Kariza  yatangaye gahunda zose bazakora muri minsi yose kugeza mu kwezi kwa cyenda  harimo isiganwa ry’amagare bise Akagera ‘s Rhino Race rizaba mu mperza z’iki cyumweru tariki ya 24 kanama 2019,igitaramo mbaturamugabo kizaba  nyuma y’umunsi nyirizina wo kwita izina Kizaba kw’Itariki ya 7 Kanama  2019 ndetse n’inama mpuzamahanga ku bijyanye n’urusobe rw’ibinyabuzima  izaba tariki ya 8 kugeza ku ya 9 Nzeri 2019.

Uyu muyobozi kandi  yagarutse kubyo ubukerarugenndo bwamariye U Rwanda Mu myaka 15 ishize aho yavuze  gusura pariki y’ibirunga byinjije akayabo ka Miliyoni 19 z’amadorali y’amerika  aho abayisuye  bangana ni 11512  ukurikije no mu mwaka 206  parike y’ibirunga  yasuwe n’abangana na 22 219 mbere yuko igiciro cyo gusura ingagi cyizamuriwe .

Belise Kariza  yatangarije itangazamakuru uko Parike zo mu Rwanda  zasuwe  mu mwaka wa 2018 aho Parike y’akagera kuva yagarurwamo Inyamaswa Eshanu zikurura bamukerarugendo yasuwe  n’abalkerarugendo  51 724 naho Parike ya Nyungwe yo isurwa n’abantu 15.665 zombi zikaba zaeinjirije Leta akayabo ka Miliyoni 20 z’amadorali y’amerika.

Kuri Gahunda RDB isanzwe ikora yo gufasha abaturage baturiye Parike y’ibirungo  .muri uyu mwaka  bazatanga amatungo agera 729  ku baturage batishoboye  bo mu turere twa Burera, Musanze,Nyabihu na Rubavu , iki gikorwa kikaba kizatangirira mu karere ka Nyabihu kuri uyu wa gatanu aho bazatanga Inka  ibimasa 296.

Tugarutse  ku bikorwa byo gushishikariza abaturage baturiye izo parike zose uko ari 3 RDB itangaza ko  kuva mu mwaka 2005 imaze  gutera inkunga abo baturage ingana miliyari 5.23 mu bikorwa byo kubaka amacumbi,amashuri, ibigo nderabuzima ni kubafasha kubona amazi meza .

Umuyobozi Mukuru w’ishyirahamwe ry’abakora kazi ko gutwara abakerarugendo  Madamu Mutoni Bonita yavuze  ko mbere  batarangira ubufatanye n’ikipe y’Arsenal  71% by’amamaliyoni afana Arsenal kw’isi batari bazi u Rwanda nk’igihugu cy’ubukerarugendo ariko mu mwaka umwe batangiye ubufatanye na ubufatanye na Arsenal biciye muri Visit Rwanda benshi mu bafana b’iyo kipe basigaye  bifuza gusura u Rwanda kuko bamaze kurumenya .

Mu gusoza Icyo kiganiro Madamu Belise Kariza yavuze  ku muhango nyiri izina wo kwita izina abana 25 b’ingagi ko uzaba kw’Itariki ya 06 Nzeri 2019 mu Karere ka Musanze mu mureneg wa Kinigi munsi ya Parike y’ibirunga  aho buri wese aba abyitegeye neza .

Yaboneye  gutangaza ko muri uwo muhango hari abatumirwa b’ibyamamare bitandukanye nka barimo Louis Van Gaal watozaga Manchester United na Tony Adams wakanyujijeho muri Arsenal.

Umunyarwandakazi Sherrie Silver umaze kumenyekana ku isi kubera imibyinire ye ndetse n’umunyamideli Naomi Campell akaba azitabira ubutumire ndetse ni zindi nshuti z’u Rwanda

Tubameyeshe ko  igitaramo gisanzwe kiba mbere y’uko umuhango  kizwi nka Gala Dinner, abantu 10 bazajya bishyura 2000 USD ku meza, abantu babiri (couple) bishyure ibihumbi 230 Frw, mu gihe umuntu ku giti ke azishyura ibihumbi 137 Frw .

Kw’iatriki 07 Nzeri 2019 ku munsi uzakurikira  hateganyijwe kandi ikindi gitaramo mbaturamugabo kizitabirwa n’icyamamare muri Muzika muri Amerika Ne-yo ndetse n’umunyarwanda Ngabo Medard nawe uba  muri Amerika aho kwinjira Itike ya VVIP  ari ibihumbi 50 Frw, VIP ikaba ibihumbi 25 Frw naho ahasigaye hose bikaba 15 000 Frw.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *