Ne-yo nyuma yo kuva mu Rwanda yiyemeje kuzita ku mwana w’ingagi yise “Biracyaza”

Icyamamare Shaffer Chimere Smith uzwi nka Ne-yo mu mpera ‘icyumweru gishize ku cyumweru nibwo yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 rwa Kigali ruri ku Gisozi aho  yavuye  ahita asubira iwabo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika akigera iwabo uyu mugabo wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yageneye ubutumwa abanyarwanda ndetse anashimangira ko azakomeza kwita ku mwana w’igagi yise Biracyaza.

Ne-yo akigera iwabo  akoresheje imbuga ze nkoranyambaga  nka Twitter na Instagram aho yashyizeho ubutumwa bugaragza ibihe byiza yagiriye mu Rwanda kuva yahagera ,akita izina umwna w’Ingagi ndetse akanahakorera igitaramo  kitabiriwe  n’abantu isinzi muri Kigali Arena  barimo n’Umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame aho cyabereye muri Kigali Arena mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki 7 Nzeri 2019.

Mu butumwa yageneye abanyarwanya  uyu munyabigwi w’imyaka 39 yagize Ati “Ku baturage beza b’i Kigali mu Rwanda mwarakoze cyane ku bw’urukundo mwanyeretse n’uko mwanyakiriye. Urugendo rwanjye rwari rwiza cyane kandi ndabasezeranya ko ngiye gutuma Isi imenya ko u Rwanda ari rwiza. Urukundo rwinshi ku mwana w’ingagi wanjye ‘Biracyaza’! Papa wawe aragukunda.”

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *