Nel Ngabo na Platini baririmbye indirimbo irimo ilingala bise Ya Motema

Nel Ngabo  ni umusore ukizamuka  vuba ukorera  ufashwa n’inzu ya Kina Muzika  , uyu musore ufite  ijwi ryuje  ubuhanga akomeje kwerekana ko afite akazaza muri muzika  , nyuma  yo gukora zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe , uyu musore yashyize hanze indirimbo arikumwe  na Platini wo muri Dream Boys Bise ya Motema .

Iyi ndirimbo  Ya Motema   bivugwa  ay’ urukundo mu Kinyarwanda  ni indirimbo yumvikanamo amagambo y’umusore ukund a inkumi ariko bikaza kugaragara ko umusore yakunze urukundo rw’urumamo mbega rudashboka  akabivamo nawe .

Ku bijyanye nuko yakoranye na Platini wo muri Dream Boys  kandi ubundi bidasanzwe ko umwe mu bagize  iri tsinda yakorana n’undi muhanzi usanzwe   yatubwiye ko ari igitekerezo bose  bagiriye icyarimwe  kuko bari kumwe muri studio ubwo yakoraga iyo ndirimbo Ya Motema  kubera ukuntu yakuze abona Dream Boys  ari abahanzi baririmba ibintu  kenshi binyura benshi  bituma amusaba ko bakorana iyo ndirimbo nawe ngo ntiyamwangiye  yahise ashyiramo igitero cye  indirimbo isohoka  gutyo.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo bifashishijemo abakobwa babiri Christelle na Shania basanzwe bagaragara mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi batandukanye. Itsinda ry’ababyinnyi rya Finest Crew ni ryo ryifashishijwe mu mbyino zitandukanye.

Nel Ngabo ashyize hanze indirimbo ‘Ya Motema’ isanganira izindi ndirimbo ze zikunzwe nka ‘Nzahinduka’, ‘Byakoraho’ ndetse na ‘Why’.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo yakozwe na Producer Ishimwe Karake Clement muri Kina Music. Amashusho yatunganyijwe na Meddy Saleh; gitari yumvikanamo yacuranzwe na Nshimiye Yves.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *