Nelly Kelba yashyize hanze amashusho y’indirimbo Guarantee abaza umukunzi ko urukundo rwabo ruzaramba

Nelly Kelba umuhanzi umaze  kumenyekana  mu ndirimbo nka  Ijana ku Ijana . Uzaperereze  yakoranye na Mc Tino  ndetse  na Ndatuje , uyu musore ufite ubuhnaga buhebuje mu kuririmba  yashize indi ndirimbo y’Urukundo  hanze yise  Guarantee

Muri iyi ndirimbo agira ati  “ ntihazagire umuntu  umubeshya ko adakenera gukundwa kuko kubaho  uri wenyine niyo ndwara mbi nabonye iruta izindi ,amahitamo yanjye ni wowe kuko ni wowe wanyeretse urukundo  kandi unyizeza ko ntazongera kwicwa n’Irungu.

Tumubajije impamvu  yaririmbye ayo magambo  Nelly kelba yatubwiye ko  muri iyi minsi  mu basore n’inkumi  benshi  basigaye bakundana ariko  nanone ugasanga  babeshyana  cyane  akaba ariyo mpamvu  nayise  Guarantee   kugira nsabe abasore cyangwa inkumi  kujya babaza abakunzi babo  igihe urukundo rwabo ruzamara by’ukuri   niba atari bya bindi byateye  umuntu asigaye  agukunda ariko urukundo rwabo nta gihe  ruzamara .

Mu gusoza ikiganiro na Nelly Kelba twamubajije impamvu ari gukora cyane  muri iyi minsi kandi agakorera rimwe amashusho n’amajwi  icyarimwe  yatubwiye  ko muziki nyarwanda  muri iyi minsi  iri kwihuta cyane ibintu yishimira cyane akaba ataba ashaka kubaho  abakunzi be  batabona igihangano gishya naho ku bijyanye no kuba atabona ibitaramo aririmbamo kandi akora live music yatubwiye ko bikigoranye iyo ukiri  mu bahanzi bakizamuka bibavuna cyane  no kuba benshi baba badafite abajyanama babashakira ibitaramo  baririmbamo gusa afite  icyizere ko  mu myaka iza  igihe cyabo kizagera bakabona Impano zabo.

Iyi ndirimbo Guarantee mu buryo bw’amajwi yakozwe na Producer Trackslayer wo muri TouchRecord  naho amashusho atunganywa nay o akorerwa muri Touch Video .

 uri kuzamuka neza mu muziki nyarwanda, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye “Ijana ku ijana”yiganjemo ubutumwa bw’urukundo.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *