Njye Sinasubizanya na Strawberry kuko ari umwana ukeneye kumenyekana : Assinah Erra

Mu minsi ishinze mu binyamakuru bya hano  mu Rwanda  hagiye handikwa inkuru z’Urukundo hagati y’umuhanzikazi Assinah n’umukinnyi  w’ikip ya Rayon Sport ariko we  yakomeje kugenda atangaza ko ari inshuti gusa  , kuri  ubu uyu mukobwa yatangaje  ko afite umukunzi .

Ibi  bije nyuma yaho umukobwa  witwa Ange Lace uzwi nka rwandan_strawberry_official agiriye mu binyamakuru akavuga ko  yihanangirije umuhanzikazi Asinah Erra  ku mukunzi we  Sarpong  ariko nawe bikaba byaravuzwe yuko  baje gushanwa  batamaranye igihe kirekire , ibintu byavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga .

Assinah mu kiganiro  yagiranye na Kigalihit yatubwiye ko ubwo ibyo bintu byose byabaga nta mwanya ayari afite wo kubivugaho kuko yari ahugiye kugutekereza ku gisibo cy’Ukwezi kwa Ramadhan.

Tumubajije  ku bijyanye no kuba  yaba ari mu rukundo  n’undi musore  yasubije ko aho ibihe bigeze ubu  ubu  nta mwanya mfite wo kuvuga ku bintu bitamfitiye akamaro ahubwo njye  nahisemo kubyihorera  nkabitera umugongo kuko nkakora muzika  yanjye  naho abo bavuga  kuri njye na Sarpong  rwose nongere  mbabwize ukuri Sarpong n’inshuti yanjye  nk’abandi bose  nta kibazo rwose  dufitanye.

Ku bijyanye na strawberry   wamuvuze mu binyamakuru Assina yatubwiye ko we imyaka agezemo atabona umwanya wo gusubiznaya nuriya mwana w’Umukobwa kuko batangana kandi afite  kuvuga ibyo yumva , naho ku rukundo rwabo na Sarpong yavuze ko bose bakiri bato mu myaka bafite uburenganzira bwo  gukunda uwo ashaka  kandi rwose atanabinjirira mu rukundo ahubwo yamwifurije ibihe byiza muri urwo rukundo .

Mu gusoza assinah  yatubwiye ko muri iyi minsi ahugiye mu gutunganya zimwe mu ndirimbo ze azashyira hanze ndetse ansaba abakunzi be  bari kubona  ibyapa byamamaza igitaramo ngo azakorera  I RUbavu kw’Itariki ya 28 Kamena 2019 ari abari gukoresha ifoto ye gusa  nta muntu uramwegera ngo baganire kuri icyo  gitaramo.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *