Oda Paccy mu ndirimbo ye nshya Sibo yibasiye abatifuriza bagenzi babo ibyiza (Video )

Oda Paccy ni umwe mu bakobwa bazamuye injyana ya hip hop mu Rwanda  nubwo mu minsi ishize yagiye akunda gukora no mu zindi njyana  mu rwego rwo gukomeza kuzamura muzika ye  . Kuri ubu uyu mukobwa yagarukanye ingufu zidasanzwe mu njyana ya Hip hop aho yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Sibo aho yibasira cyane abantu  batifuriza bagenzi babo ibyiza  mu buzima .

Muri iyo ndirimbo   Oda Paccy  hari aho  yagize ati “Bazanteza ab’Isi mbimenye bazaca ibumoso nce iburyo bazantega isosi ndye imboga, sinatinya ibyo kuko Sibo Mana nibo banzi.”

Tumubajije impamvu iyi ndirimbo yayishizemo amagambo akakaye cyane gutya yasubije ko muri iyo minsi  hano kw’isi ndetse no mu Rwanda hari abantu  igihe cyose baba bifuza kubona bagenzi babo batabaho neza  cyangwa babona bateye imbere bakabifuriza  ko bahura n’ikibi  mubyo bakora .

Ku bijyanye niba  ibyo yaririmbye atari we wigarukagaho ashaka kuvuga ko  nyuma y’uko afunguye studio ndetse agasa nuhagaritse ibyo kuririmba cyane  yavuze ko  ntaho bihuriye  ariko ashimangira ko  umunsi ku munsi mu buzima bwa muntu ubutumwa yaririmbye mu ndirimbo ye Sibo  bubaho cyane .

Oda Paccy kuri ubu ufite inzu  itunganya muzika yise Empire Records  yakorewemo indirimbo ze ebyiri maze gushyira hanze muri uyu mwaka Happy niyi nshya  ubusanzwe ikorerwamo na Junior  Multisystem ndets en’abahanzi babiri aheutse gusinyisha  mu rwego rwo kubafasha kuzamura impnao zabo aribo Umuhanzikazi Nessa  na Alto .

Indirimbo sibo yakorewe muri studio ye ikorwa na Junior Multisystem  mu buryo bw’amajwi naho amashusho akorwa na frank  Wallet .

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *