Riderman na Safi bashyize hanze Indirimbo Mambata irimo ubutumwa wabatabifuriza ibyiza

Riderman na Safi ni  bamwe mu bahanzi bo mu rwanda bakunze kugaragaza umubano wihariye cyane cyane  ko bakunze  gukorana imishinga myimshi irimo indirimbo zabo zagiye zikunda ,Kuri ubu Bashyize hanze indi  ndirimbo bise Mambata  irimo ubutumwa ku bantu batabifuriza ibyiza muri muzika  yabo.

Mu gitero cya Riderman muri iyo ndirimbo  humvikanamo ubutumwa bukomeye bwumvikanisha ukwigamba gukomeye ku bantu batabifuriza ibyiza , Riderman agira ati” Agati gatewe n’Imana ntigapfa kumishwa n’amakata,…Mambata, imitego batega ni mambata, ipiga swata, Aya magambo kimwe n’andi yumvikanisha kwikoma bikomeye abatega imitego mitindi aba bahanzi ni yo yiganje muri iyi ndirimbo nshya ya Riderman na Safi Madiba.

Riderman na Safi mu myaka irenga 10 bamaze  muri muzika bamaze gukorana indirimbo nyinshi harimo Come back , Nisamehe ni zindi bagiye bakorana ubwo safi yarakiri muri Urban Boys.

Indirimbo Mambata mu buryo bw’amajwi yakozwe na Producer Madebeat mu gihe amashusho yayo yo yafashwe akanatunganywa na Sam Kent.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *