RURA,RIB na Polisi y’igihugu barasaba urubyiruko kwirinda gukoresha Imbuga nkoranyambaga nabi

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2019 ku cyicaro gikuru cya Polisi y’igihugu habereye inama nyunguranabitekerezo hagati ya Polisi y’Igihugu n’abanyamakuru iba  buri gihembwe  kugira barebe hamwe uko bimwe mu bijyanye  n’umutekano mu gihugu bimeze .

Iyo nama yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’igihugu n’ Inama nkuru y’itangazamakuru ndetse na bandi bafatanyabikorwa  yaganiriwemo ibintu byinshi harimo uko abanyarwanda barwanya ibyaha bitandukanye bikomeje kugenda bikorerwa ahantu henshi hatandukanye ikibazo gikomeye ubu kikaba aruko ibyaha bisigaye bikorerwa no ku mbuga nkoranyambaga

Mu kiganiro cyatanzwe n’Umuyobozi muri RURA Bwana Tony Kuramba  hamwe n’umwe mu bayobozi muri RIB bagarutse ku kibazo kimaze iminsi gikorerwa ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri Youtube

 Abo bayobozi bavuze ko Youtube  basigaye bayikoresha  ibyiswe inkuru bishobora gutera umwuka mubi mubaturwanda ibyo bikaba aribyo byaha bikomeje kuza imbere ku mbuga nkoranyambaga  ndetse n’abakobwa basigaye banyuzaho amafoto y’urukozasoni yerekana bimwe mu bice by’umubiri wabo ibintu bitajyanye n’indagaciro z’umukobwa w’umunyarwandakazi.

 Basabye abanyamakuru ko bari mu bantu bavuga rikijyana ko babafasha rwose kurwanya uwo muco kuko imbuga nkoranyambaga zishobora gukoresha n’ibindi bikorwa byubaka igihugu kandi byinjiza amafaranga kubazikoresha .

Abanyamakuru mu bibazo nabo bagarutse kuri icyo kibazo aho  havuzwe bamwe mu basore bakoreraga Iwacu Tv kuri Youtube kugeza nubu bikaba bitarasonuka  neza ibyabo basubijwe ko ikirego ubu kiri mu butabera kandi bizezwa yuko uko kizakomeza kigenda itangazamakuru nka bafatanyabikorwa ba Polisi na RIB bagomba guhita babimenyeshwa  byihuse.

Iyo nama ku musozo wayo basabwe na Minisitiri w’Ubutabera  akaba n’Intuma nkuru ya Guverinoma Bwana Busingye Johnston yabasabye ko nk’ijwi ry’abaturage  bose bari muri icyo cyumba bose bashyize hamwe  bagashishikariza abaturarwanda kwirinda icyaha icyo aricyo cyose byaba ari byiza cyane kuko  baba bafashije Leta gukomeza gukora gahunda ziteza Imbere Igihugu.

Tubibutse ko kandi Polisi y’igihugu yasabye abanyarwanda gukomeza kumenya numero za telefone bazajya bahamagara mu gihe bakeneye ubutabazi bwihuse bitewe n’ikibazo bagize .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *