Sheebah Karungi arizeza abazitabira igitaramo cye mu Bubiligi kuzaryoherwa bikomeye

Umuhanzikazi w’umugande Sheeba Karungi ni umwe mu bakobwa bakunzwe cyane hano muri afurika y’Iburasirazuba ndetse nahandi henshi , Uyu mukobwe mu mpera z’Iki cyumweru afite igitaramo gikomeye azakorera mu bubiligi muri Birmgham Palace

Mu mpera z’icyumweru gishize  ku wa gatanu nibwo uyu muhanzikazi yageze  I buruseli mu bubiligi yakirwa na Bwana Abdou Kitoko  uyobora akabyiniro ka Exotica Night .

Uyu Abdou Kitoko yamenyekanye cyane ubwo yari umujyanama wa Knowless  nubwo yibera ku mugabane w’iburayi ariko nubu akaba ari umwe mubamufasha  bya hafi  akaba kandi afasha umuhanzikazi Asinah.

Mu kiganiro  yahaye Kigali uyu munsi uyu mugabo yadutangarije ko ubu Sheebah ari mu myitozo ikomeye cyane  kuko yahageze kare kugira abashe kwiteguran n’itsinda ry ‘abacururanzi  bazamufasha  ku munsi w’Igitaramo .

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Sheebah yatangarije abakunzi be ku  mugagaba w’uburayi ko azabakorera Igitaramo   cy’amateka kabone ko azakora  Umuziki w’imbona Nkubone (Live Performance )

Igitaramo cya mbere Sheebah azakora kizaba kuwa Gatanu tariki 7/06/2019 kibere ahitwa Birmingham Palace mu mujyi wa Bruxelles. Ikindi gitaramo azakurikizaho kizaba tariki 8/06/2019 kibere muri Amsterdam ahitwa ‘Rhone Congres Centre. Hano hazaba hari umu Dj witwa Erycom’ uzaba uvangavanga imiziki.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *