Social Mula yijeje abanyarwanda ko azabaha ibyo bamutegerejeho .

Ku gicamunsi cyo  kuri  uyu wa kane  tariki ya  21 ugushyingo  2019 nibwo  umuhanzi  Social Mula  n’abari kumufasha gutegura  igitaramo cye  cya mbere cyo kumurika  Album ye  ya mbere  yise Ma Vie  bagiranye  kiganiro n’abanyamakuru  muri  Grand Legacy Hotel .

Mw ‘ijambo rya Social Mula  yashimiye buri wese wiyabiriye icyo kiganiro ndetse na buri wese wagize uruhare   mu kumufasha  gutegura icyo gitaramo kandi ko abona ari ibya agaciro cyane .

Social Mula  ku bijyanye  n’igitaramo  yatangaje ko imyitegurro yose yayirangije ndetse n’abahanzi bose  bazamufasha  bamaze  kwitegura bakaba biteguye kuzashimisha abakunzi ba muzika  nyarwanda .

Yakomeje avuga ko alubumu ye  izaba iriho indirimbo 18 kandi inyinshi abanyarwanda ndetse n’abakunzi be  aho bari hose kw’isi  barazizi kandi barazikunze  cyane .

Muyoboke Alex wabaye umujyanama wa The Ben, Charly&Nina, Davis D, Oda Paccy, Dream Boys, Urban Boys, Tom Close n’abandi, yabwiye intangazamakuru ko yemeye gufasha Social Mula kumurika Album kuko ari akunda ibikorwa bye. 

Yavuze ko yakunze Social Mula kuva ku ndirimbo “Abanyakigali” kugera ku ndirimbo “Yayobye” aherutse gusohora. Avuga ko Social Mula yaranzwe no gukora indirimbo nziza zagiye zikundwa mu bihe bitandukanye kandi ko nawe ari mu banyuzwe nabyo.

Muyoboke avuga ko igihe cyari kigeze kugira ngo Social Mula amurike umuzingo we  ashingiye ku kuba mu ndirimbo 18 yashyize ku isoko 14 muri zo zarakunzwe mu buryo bukomeye.     

Yahishuye ko Social Mula atatekerezaga kumurika Album kuko ubwo mu minsi ishize bagiranaga ibiganiro yamusabaga ko yamufasha bagategura igitaramo ku ivuko rye (Ku Rwesero) aho afite abafana benshi.

Yagize ati “Aza kundeba tuganira ku gitaramo yavuze ati ‘Alex Manager iwacu aho mvuka ku Rwesero birirwa bambwira ngo baranshaka. Ndamubwira nti ‘ariko konabonye njya kujyayo nkambuka amazi’ ati ‘mfite yo abantu kandi koko nagiyeyo nitemberera umuhanzi bazi ni Social Mula ati ‘waretse tugakorerayo igitaramo’”.

Muyoboke yahaye igitekerezo Social Mula cyo kujya gutaramira ku ivuko yitwaje Album.  Ati “Namuhaye igitekerezo cya Album. Naramubwiye nti reka tumurike Album noneho uzajyeyo ubashyiriye Album. Tubyemeranya uko.” 

Ku ruhande rwa Sensitive ltd bwana  Wilson  yatangaje ko gufasha Social mu gukorana  nawe nta yindi nyungu bafite mu gutegura icyo gitaramo usibye kuba barifuje gutaramana na banyarwanda  kubera abakunzi babyifuje

Yverry nkumwe mu bahanzi bazafasha Social Mula mu gitaramo cye yashimiye buri wese wafashe umwanya wok u cyamamaza kandi ashimangira ko umuziki nyarwanda ari uwa buri wese ugira aho ahurira nawo

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *