Perezida
Samia Suluhu Hassan niwe wari uyoboye ibirori by’isabukuru y’imyaka 60
y’ubwigenge bwa Tanzania byabereye mu mujyi wa Dar es Salaam.
Insiguro y’isanamu, Umugore wo mu rwego rushinzwe imfungwa rwa Tanzania ari mu karasisi muri ibi birori
Ubwo
Samia yari yinjiye muri stade Uhuru byabereyemo harashwe imizinga 21
y’icyubahiro maze atambuka kuyobora akarasisi ka gisirikare kakurikiwe
n’imyiyereko y’inzego zitandukanye zishinzwe umutekano.
Ibi
birori byitabwe n’imbaga y’abaturage babarirwa mu bihumbi byinshi,
hamwe n’abakuru b’ibihugu bya Kenya, u Rwanda, ibirwa bya Comoro, uwa
Mozambique na visi perezida w’u Burundi.
Ibi ni ibirori bya mbere by’ubwigenge Perezida Samia Suluhu ayoboye nyuma yo kujya ku butegetsi mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Insiguro y’isanamu, Perezida Samia Suluhu ni ubwa mbere ayoboye ibirori by’umunsi w’ubwigenge bwa TanzaniaInsiguro y’isanamu, Perezida Samia aramutsa abaturage muri stade UhuruInsiguro y’isanamu, Perezida Samie atambuka agenzura imirongo y’ingabo za TanzaniaInsiguro y’isanamu, Perezida Samia Suluhu aramutsa Perezida Paul Kagame w’u RwandaInsiguro y’isanamu, Abasirikare barwanira mu mazi bari mu karasisiInsiguro y’isanamu, Abo mu itsinda ry’ingabo zidasanzwe ry’igisirikare cya Tanzania (TPDF)Insiguro y’isanamu, ‘Field force’ ishami ry’igipolisi cya TanzaniaInsiguro y’isanamu, Aba ni abo mu rwego rushinzwe imipaka ya Tanzania, nibwo bwa mbere bakoze akarasisi ku munsi w’ubwigengeInsiguro y’isanamu, Abo mu gisirikare cya TanzaniaInsiguro y’isanamu, Umusirikare hamwe n’uwo mu itsinda ry’abasirikare badasanzwe (iburyo) bari mu myiyerekoInsiguro y’isanamu, Barizihiza imyaka 60 y’ubwigenge bwa Tanzania