U Rwanda rwabaye urwa mbere muri afurika mu gukoresha imodoka za Volkswagen zikoresha amashanyarazi

Kuri uyu wa kabiri  tariki 29 Ukwakira  2019 muri Kigali Convention Center habereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro imodoka za Volkswagen zikoresha amashyaranzi .

Uyu  muhango wari witabiriwe n’abayobozi   benshi ba hano mu Rwanda  wayobowe na Minisitiri w’Intebe  Dr  Ngirente Edouard ariko kumwe  n’abayobozi ba Volkswagen hano mu Rwanda no muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Izo modoka za Volkswagen ziswe  e-Golf  zizajya zifashishwa mu gutwara abantu mu mushinga wa Move, aho umuntu akoresha porogaramu ya telefoni mu gusaba gutizwa imodoka ya mu gihe runaka.

Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda . Mw’ijambo rye  Rugwizangoga Michaella, yavuze ko muri gahunda ya Move  imodoka kugera mu mpera z’uyu mwaka imodoka zirenga 200 zizaba zikoreshwa mu Rwanda harimo izo mu bwoko bwa Polo, Amarok, Teramont na Passat.

Ati “Imodoka zikoresha amashanyarazi zimaze gukoreshwa ahantu henshi ariko nyuma y’ubushakashatsi, amahugurwa n’ibindi byakozwe, uyu munsi turatangiza izi modoka mu Rwanda ari nazo za mbere za Volkswagen muri Afurika.”

Izi modoka zagejejwe ku isoko ry’u Rwanda ku bufatanye bwa Volkswagen na Siemens, aho izatanga uburyo bwo kongera umuriro muri izo modoka.

Mu gusoza  yanavuze ko mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umwari n’umutegarugori muri gahunda za Volkswagen Move ubu bamaze  guha amahugurwa  abagore  basaga  20 bazajya  batawara izo modoka .

Umushyitsi Mukuru muri uwo  muhango Dr Edouard Ngirente yavuze ko gutangiza ikoreshwa ry’izi modoka ari intambwe ijya mbere yo gushyigikira uburyo bwiza bwo gutwara abantu binyuze mu gutiza imodoka bwatangijwe mu Rwanda.

Ati “Ibi birerekana ko twiyemeje gushyira imbere ikoranabuhanga kugira ngo rihindure iterambere ry’ubukungu bwarwo. Bifite kandi umumaro mu kurengera ibidukikije no guteza imbere ikoranabuhanga”.

Yakomeje avuga ko abanyarwanda bazi ko kurengera ibidukikije no kurwanya ibyuka bihumanya ikirere ari ingenzi kandi ubu buryo bwo gukoresha izi modoka bukazatuma bagera ku byo biyemeje mu kurwanya ibyo byuka.

Minisitiri w’Intebe yashimye uburyo ishoramari rya Volkswagen ririmo gutanga imirimo bigendanye n’umuhigo wa leta y’u Rwanda wo guhanga imirimo miliyoni mu 2024.

Iyi modoka ya Volkswagen e-Golf  izaba ifite ubushobozi bwo kugenda ibirometero 230 batiri yayo yuzuye neza ariko bikaba byakwiyongera bikagera ku birometero 300 ushyizemo uburyo bwo gucunga neza umuriro uri muri bateri buzwi na Economic .

Tumwe  mu dushya iyi modoka ifite nuko igenda ibirometero 160 mw’isaha , ikaba  ifite  imigozi ibiri ya kuyicomeka uyongeramo umuriro umwe wo gukoresha  kuri sitasiyo aho  uzaba ayitwaye azajya aba afite  iminota 45 ikaba yuzuye , undi ukaba umugozi wo mu rugo ushobora gucomeka hagati y’amasaha 7 kugeza ku 10 ,ikindi gitangajaje kuri iyi modoka nuko iyo modoka itobotse ipine  ifite umuti ushyira kw’ipine ukabasha gukomeza  urugendo nta nkomyi .

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *