Ubukwe bwa Mukaperezida n’umusore arusha imyaka 28 ntibwishimiwe n’imfura ye (Amafoto )

Muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu binyamakuru bitandukanye  kacicikanye amafoto y’umusore Kwizera Evariste  w’imyaka 21 na Mukaperezida  clotilde byavugwaga yuko babana nk’umugabo  n’umugore .

Nyuma yibyo  byose abantu benshi bo mu ngeri zitandukanye ntago  bavuze kimwe ku bukwe  bw’uwo mubyeyi wishimbushe umwna abyaye ariko bo baranze bahamya ko urukundo rwabo rwashinze  imizi  kandi bagomba gusezerana  byanga bikunze .

Nkuko babibvuze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 31  Mutarama 2019  nibwo ubwo bukwe bwabo bombi bwatashye mu murenge wa Musha ho mu karere ka Rwamagana aho Kwizera Evariste na Mukaperezida Clotilde baseranye imbere y’amategeko .

Amakuru atugeraho nuko ubwo bukwe  bwabo bombi bwitabiriwe na bamwe mu nshuri zabo harimo abo mu miryango yabo  nabo batari benshi ariko ubwo byageraga ku mukobwa w’imfura ya Mukaperezida we  ntago yishimiye igikorwa  nyina yakoze cyo gushyingiranwa n’umwana abyaye .

Mu baturage batuye i Nyarugari ahubatse urugo rushya rwa Mukaperezida na Kwizera, hari uwaduhaye amakuru[utifuje ko dutangaza amazina ye] wemeza ko “N’umwaka ushize Saje[Mukaperezida] yari afite ubukwe, agiye gutera igikumwe umukobwa we arabyanga. Yababajwe n’imitungo yashakaga kwegurira uwo musore bari bagiye gusezerana…”

Mukaperezida yabyaye umwana umwe w’umukobwa, ubu afite imyaka 28. Yavuze ko uwo mukobwa yamubyaye akiri iwabo nyuma ashakana n’umugabo babura urubyaro biza kubaviramo gutandukana none ubu ari kumwe na Kwizera.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *