Umuhanzi Danny Vumbi yasinye amasezerano yo gukorana na Kikac Music

Umunyempano ndetse akaba  n’umuhanzi Semivumbi  Daniel Wamenyekanye nka Danny Vumbi  yamenyekanye  mu ndirimbo  nka Abana babi, Ni danger ,Ni uwacu ni zindi nyinshi .Kuri ubu uyu muhanzi nyuma y’igihe  kirekire nta nzu imufasha afite   yamaze gusinya amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Kikac Music isanzwe ibarizwamo Mico  The Best .

Mu gihe  kirenga imyaka  itatu iyi nzu ifasha abahanzi  ya Kikac  Music ikora yaciyyemo abahanzi nka Gihozo Pacifique  wayisezeyemo  hasigaramo umuhanzi Mico The Best na Isra Holy Rapper  , Danny Vumbi akaba naje  aje yiyongera  kuri abo babiri  basigayemo.

Mu kiganiro na Kigalihit  yatubwiye byinshi ku masezerano  basinyanye na Danny Vumbi yagize ati  kugeza ubu  twamaze  gusinyana amasezerano y’imyaka ine tumufasha  ibintu  byose  harimo kumufasha gukora indirimbo mu buryo bw’amajwi ndetse n’amashusho  no kumufasha  kuzamamaza mu bitangazamakuru.

Tumubajije ibindi bikubiye  mu ri ayo masezerano yirize kugira  icyo atangaza ahubwo yatubwiye ko mu minsi iri imbere  bafite ikiganiro n’itangazamakuru kugira babatangarize  neza ibikubiye muri ayo masezerano .

Yakomeje atubwira ko  kugira abahanzi babiri bakora injyana imwe  ya Afrobeat ndetse banahuriye ku buhanga  bwo kwandika indirimbo  za bagenzi  bizabasha  gukomeza  gufasha abana bakizamuka muri  muzika .

Mu buzima  busanzwe  Danny Vumbi abanyarwanda benshi bamumneye ubwo yari mu itsinda rya The Brothers aho yakorana na Ziggy 55 na Victory Fidéle  aho Mu mwaka wa 2012  abagize iryo tsinda  nibwo batangaje ku mugaragaro ko  buri wese bagagaritse  gukorana nk’itsinda ariko buri wese agakomeza kugora muzika ye ku giti  , ibintu byababaje abakunzi b’indirimbo nka  Bya Bihe ,Ijambo ,ni Wowe wenyine ni zindi nyinshi .

Kuva Danny Vumbi yava muri The Brothers amaze gukora Indirimbo 15 ari wenyine harimo :wabigenza Ute ,Akateye ,Injurugutu,Ni Uwacu ,Twibuke Twiyubaka yakoranye na Bruce Melodie,Rimuhe,Nyakamwe ,Murasa,Ni Danger .Arirarira,Hapana Papa,Agatsimbo,Ubwengeku gihe ,Bango,Abana Babi

 

 

 

 

 

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *