
Umuhanzikazi Teta Barbara uzwi nka “Babo wamenyekanye mu ndirimbo “Ich Liebe Dich,‘That’s My Life,‘That’s My Life,Friday nyuma y’igihe gito amaze mu biruhuko hano mu Rwanda agiye gukora igitaramo yise End Your Summer .
Mu kiganiro na M Izzle umwe mu bari kumufasha gutegura icyo gitaramo yadutangarije ko mu byumweru bittu birenga Babo ari mu Rwanda yabashije kugaragara mu bitaramo byo kumurika alubumu ya Mbere ya Dj Pius nta bindi yigeze akora hano mu Rwanda usibye ko nubwo nta bindi bitaramo yakoze afite imishinga myinshi ari gukora hano mu Rwanda akaba yifuza kuzasubira mu gihugu cy’ubudage aho abana n’umuryango we akaba ari naho yiga .
Yakomeje atubwira ko mu mishinga afite hano harimo n’igitaramo azakorera abakunzi be yise End Your Summer kikazabera kuri Muhazi ahazwi nka King Fisher aho azaba ari kumwe n’abandi bahanzi batandukanye aho abazitabira bose bazataramira mu mazi kandi banasangira .
Tumubajije igihe uyu mukobwa Babo yazasubirra mu gihugu cy’ubudage yirinze kugira icyo adutangariza gusa yatubwiye ko ari vuba cyane .
NSANZABERA JEAN PAUL
www.kigalihit.rw