Umuraperi shizzo yishimiye imiririmbire ya Queen Cha mu ndirimbo agatoki ku kandi

Umuraperi Shizzo uzwi nka King Of  Bugoyi wood  ukorera umuziki muri Leta zunze ubumwe z’amaerika  nyuma yo gushyira hanze indirimbo agatoki ku kandi na Queen Cha  Ngo yashimishijwe n’imiririmbire ye ndetse n’ubuhanga bwe .

Ibi uyu  musore yabitangaje ubwo ku tariki 17 Ukwakira 2017  yashiraga hanze  indirimbo agatoki ku kandi yakoranye n’umuhanzikazi Queen Cha usanzwe ubarizwa  mu nzu ifasha abahanzi ya The Mane iyoborwa na Bad Rama .

Mu kiganiro  twagiranye na Shizzo ubur uri kumwe n’umuyobozi wa The Mane muri Leta zunze ubumwe z’Amerika  yadutangarije ko ubusanzwe akunda ubuhanga bwa Queen Cha  nubwo atateganyaga kuba bazakorana indirimbo  ariko byaje  kurangira bayikoranye kandi isohoka ari nziza cyane ku buryo yumba izagera kure .

Tumubajije niba yarakoranye na Queen cha  bidaturutse ku kuba ari kumwe na Bad Rama muri Amerika  yadusubije ko nawe yabigizemo uruhare  kuko ubwo bari muri studio ya Shizzo yumvise umwe mu mushinga  we maze amubwira ko iyo ndirimbo yaryoha ayikorana n’umwe mu bahanzi ba The Mane maze amuhitiramo Queen umushinga unozwa ubwo  niko kuyohereza muri The  Mane Producer HolyBeat arayikora irarangira .

Umuraperi Shizzo avuga ko asanzwe afata Queen Cha nk’ikitegererezo cye ashingiye no kuba ari umukobwa umaze igihe mu muziki nyarwanda kandi umaze kugwiza ibigwi mu muziki.

Umuraperi Shizzo wiyita umwami wa Bugoyi yakunzwe mu ndirimbo nka ‘The Homing Coming’, “Intashyo”, “Hold it Down” n’izindi. Umuhanzikazi Queen Cha we aherutse gushyira hanze indirimbo “Twongere”, ‘Winner’, “I Promise” n’izindi nyinshi; aherutse kuririmba mu gitaramo cyo gutangiza ihuriro ry’urubyiruko nyafurika.

Tubamenyeshe ko Indirimbo Agatoki ku kandi mu buryo bw’amajwi yakorewe muri The Mane  na Producer Holybeat mukaba abakunzi ba muzika mwayishaka kuri youtube  ya The Mane mukayisangiza abandi

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *