Umuryango wa Fayzo Pro uri mu byishimo byinshi nyuma yo kwibaruka Umwana wabo wa kabiri

Tuyishime Faycal uzwi na Fayzo pro ni umugabo uzwi cyane mu gutunganya amashusho y’abahanzi benshi hano mu Rwanda yibarutse umwana wabo wa Kabiri n’umufasha we .

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane  tariki ya 27 Nzeri 2018 nibwo  uyu mugabo yashyize amafoto kubrukuta rwe rwa instagram agaragaza ibyishimo byokwongera kwibaruka ubuheta bwabo  nyuma yahoo mu mwaka wa 2015 bari bibarutse imfura yabo yitwa Ishimwe Lion .

Ibi bije nyuma y’iminsi micye Producer Fayzo ahsyize hanze amafoto menshi agaragaza ko  mu muryango wabo biteguye kwakira ubuheta, anashimira umugore we ukomeje kumuba hafi muri uru rugendo rw’ubuzima.

Nkuko tubikesha bamwe mu nshuti zabo zibari hafi uyu muryango wishimiye cyane kwibaruka  umwana w’umukobwa bakaba bakomeje GUshimira Imana  cyane kw’igikorwa yabakoreye

Tubibutse ko Tuyishime Fayzo  yashakanye na  Uwase Honorine ubu bakaba bafitanye abana  babiri.

Producer Fayzo azwi cyane nk’uwatunganyije amashusho y’indirimbo zinyuranye nka; Ma vie ya Social Mula, Nk’uko Njya Mbirota ya Yverry, Nta Wundi ya Umutare Gaby n’izindi nyinshi.

NSANZABERA JEAN PAUL

www.kigalihit.rw 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *