Urutonde rwa abahanzi 5 bafite agatubutse muri Afurika y’iburasirazuba

Muzika muri iyi minsi hano mu karere ka Afurika y’iburasirazuba ni kimwe mu bintu bikunzwe cyane bituma bamwe mu bahanzi binjiza agafaranga gatubutse aho benshi basigaye babarirwa mu baherwe kubera imitungo myinshi bafite harimo amazu meza ,Imodoka zihenze ni bindi  byinshi .

Nkuko abakunzi ba KIGALIHIT iteka badusaba kubagezaho ibintu byinshi  bbijyanye n’ubuzima bw’ibyamamare bitandukanye kw’isi ku bijyanye n’ubuzima   bibamo ari imyambarire,imitungo ndetse n’ibindi byinshi  tugiye kubagezaho abahanzi  10 bo muri afurika y’iburasirazuba bafite amafaranga menshi nubwo nta muhanzi nyarwanda ugaragaramo birazwi ko hari abafite agafaranga gatubutse nubwo bitaramenyekana uko ayo batunze angana .

Benshi mu bahanzi  bo muri afurika y’iburasirazuba  bafite agatubutse benshi bayakura mu gucuruza indirimbo zabo kuri internet ndetse n’ibindi bikorwa remezo bagenda bubaka mu bihugu byabo .

1.Jose Chameleon

Joseph Mayanja ni umwe mu bahanzi ba hano mu karere batangiye umuziki mu myaka  irega 20 ishize aho  muri yo myaka yose yabaye umwe mu bahanzi mu gihugu cya Uganda bakoresheje igitaramo  cyitabirwa n’abantu ibihumbi mirongo ine aho buri muntu wese wakigiyemo yishyuye amashilingi ibihumbi ningo itatu na bitatu ,iki kikaba ari kimwe mu bitaramo bikomeye uyu muhanzi yakoze  .

Nyuma y’ibyo byose Jose chameleon afite ibikorwa remezo byinshi mu gihugu cya Uganda ho afite aho abantu bishimishiriza ku nkengero z’ikiyaga cya Victoria  bita Coco Beach afite kandi amazu yakira abakerarugend o bita Daniella Villa  ziri mu Apartments ziri mu gace ka Bweyogerere ,Afita kandi Inzu itunganya muzika izwi cyane ya Leone Island Music iri ku muhanda ugana Entebbe .

Chameleon bimwe mu bimushyira mu bahanzi bafite amafaranga menshi n’ibitaramo byinshi akora  muri  bihugu bikomeye kw’isi nk’Ubudage , Suede, Ububiligi  Malaysia, China, South Africa ,Uk na USA aho akorera akayabo ka mamiliyoni

Ahandi uyu muhanzi ukunzwe nabatari bakeya akura amafaranga menshi ni mu masezerano agirana n’ibigo bikomeye mu gihugu cya Uganda nka MTN Uganda, Idroid phones, Coca-cola’s coke, Busoga Tourism ambassador, Uganda Cranes ambassador, Sports Club Victoria University, StarTimes Uganda, Pepsi ni bindi byinshi cyane.

Mu yindi mitungo myinshi afite Chameleon afite amazu menshi manini kandi agezweho muri Uganda aho bivugwa ko afite agaciro ka miliyoni 78 z’amashilingi ndetse nizo afite mu Rwanda  ndetse no mu mugi wa Arizona muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.afite kandi Imodoka zihenze cyane zirimo Cadillac Escalade SUV, Hummer,  2017 Dodge Charger, Range Rovers, Land Rover LR4, Ford, BMW X5, 1973Mercedes classic, Land Cruiser VX, BMW MercedesBenz ml270.

Jose chameleon afite amafaranag angina na Miliyoni eshashatu z’amadorali (6.000.000$)

2.Diamond Platnmuz

Chibu Dangote uzwi nka Diamond Platnumz  mu myaka itari myinshi amaze muri muzika niwe muhanzi ukize muri Tanzaniya  bituma aza ku mwanya wa Kabiri mu bahanzi bakize muri afurika y’iburasirazuba aho amafaranga menshi ayakura mu gucuruza indirimbo ze ndetse no mu nzu ye itunganya muzika ya WCB.

Diamond ku gitaramo  cye akoreye hanze ya Tanzaniya byibura yishyurwa Miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Kenya  kabi ibi bikaba bibaho iteka kuko nta mwanya ajya agira wo kwicara kubera indirimbo ze zikunzwe .

Mu nzu ifasha abahanzi nya WCB  yatangiye afitemo abahanzi  nka Rayvanny, Harmonize, Rich Maboko, Lava Lava, Queen Darlin  Mbosso aho buri wese  byibura buri muhanzi gukorerwa indirimbo mu buryo bw’amajwi bimusaba amashilingi ya Kenya ibihumbi 30 naho mu buryo bw’amashusho bigafata ibihumbi 60.

Uyu muhanzi kandi afite ibindi bikorwa akora byinshi birimo ubucuruzi hari ubuyobwa bwakunze na benshi yise Diamond karanga  afita n’imibavu yise Chibu parfume imaze kwigarurira  benshi mu banyamideli muri Tanzaniya afita kandi radiyo na Televiziyo bizwi nka Wasafi Tv .

Diamond ni umwe mu bahanzi  binjiza amafaranga menshi muri Tanzaniya bayakuye mu bikorwa  bakorana n’ibigo bikomeye yamamariza nka Iconic French wine brand Luc Belaire, Danube Home Franchise, Uber, Vodacom mobile communications company, Coca-Cola’s Coke Studio Africa, Multichoice’s DSTV, and Red Gold.

Ikindi kintu uyu muhanzi azwiho ni imodoka zihenze nka Hummer, BMW X6, Royce Royce Phantom, Toyota Land Cruiser, Audi Q8 and Mercedes Benzes ni zindi nyinshi .

Diamond Platnumz afite amafaranga angina na Miliyoni enye n’ibihumbi Magana cyenda y’amadorali (4.900.000$)

3 .Jaguar

Charles Njagua Kanyi uzwi nka Jaguar ni umwe mu bahanzi bo muri Kenya  batunze amafaranga menshi akura mu muziki yatangiye ahagana  mu mwaka wa 2005 .

Jaguar umutungo we awukomora mu bikorwa by’ubucuruzi aho akora ibijyanye no gutwara abantu , ubwubatsi ndetse no gukora umuziki ibyo byose biza nyuma y’akazi akora ko kuba intumwa ya Ruband amu nteko ishinga amategeko ya Kenya .

Ibindi bimwinjiriza mafaranga ni amsezerano afitanye n’ibigo by’ubucuruzi  bikomeye hano muri afurika , atunze kandi zimwe mu modoka zihenze cyane nka range rovers, BMWs, Toyota Landcruiser, Bently, Jaguar, Mercedes Benz e class 2017.

Jaguar afite amafaranga angana na  Miliyoni eshatu n’ibihumbi magana abiri z’amadorali (3.200.000$)

4. Akothee

Akothee niwe muhanzikazi wo mu karere uri kuri uru rutonde  ufite mafaranga menshi aho ayakura muri muzika ndetse no mu bikorwa bindi akora harimo kompanyi ye yitwa Akothee Safari ikora ibijyanye no gutwara abakerarugendo muri Kenya ndetse no hanze yahoo.

Mu bindi bituma uyu mugore aza imbere mu bahanzikazi bafite agatubutse harimo amazu ahenze aho afite inzu zihenze nka Akothee Properties nizindi nyinshi zifite byibura gaciro ka milini Magana atatu z’amashilingi ya Kenya

Akothee azwiho kugenda mu modoka zihenze nawe nkabandi bahanzi bakomeye mu karere nka Mercedes AMG SL63 convertible Roadster, Audi Limousine, Range Rover, Land Cruiser V8

Akothee afite amafaranga yose hamwe angana na Miliyoni eshatu n’igice z’amadorali (3.500.000$)


5.Bobi wine

Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine  niwe  muhanzi wa kabiri ukize muri uganda , uyu mugabo  uhagarariye Kyaddondo  y’iburasirazuba  ni umwe mu batunze agafaranga kenshi mu bahanzi  bo muri Uganda  aho afite umwnya munini wo kwishimishirizamo ku mucanga hafi y’ikiyaga cya Victoria  akagira Urwuri runini mu gace ka gomba afite amazu menshi manini muri Magere na Gomba , uyu mugabo kandi akora ibikorwa by’ubucuruzi bw’Imodoka  ndetse n’amato yihuta (Speedboat)

Bobi wine afite kandi inzu ifasha abahanzi izwi nka Firebase Records iri mu gace ka Kamwokya aho afasha abahanzi benshi batandukanye bo muri Uganda

Bobi Wine atunze  miliyoni imwe na magana atandatu z’amadorali (1.600.000$)

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *