Vichou uririmba mw’itsinda rya Peace &Love azataramira abanyarwanda kuri iki cyumweru I Kigali

Vichou ni umugabo wamenyekanye cyane mw’itsinda rya Peace and Love  ryo mu gihugu cy’abaturanye cy’ U Burundi ryakunzwe cyane mu ndirimbo ntabundi buhinga n’izindi nyinshi azataramira abalkunzi ba Muzika  I Kigali .

Iri tsinda ryari rigizwe n’abagabo babiri aribo Vichou na Bobo witabye Imana  mu minsi ishize azize Impanuka y’Imodoka ibintu byababaje abantu benshi cyane harimo abakunzi ba Muzika  yabo .

Nyuma yo gusigara wenyine uyu mugabo Vichou ntiyigeze acika intege kuko yakomeje gukora  cyane kuri ubu akab ari umwe mu bahanzi nubu bakunzwe cyane  hano mu Karere.

Mu kiganiro na Muyoboke Alex umuyobozi wa Decent Entertainment yatubwiye ko mu mpera z’iki cyumweru yifuje ko abakunzi ba Kabyiniro ka Pacha kari ahahoze Losty ku kimironko .

Muyoboke yakaoje atubwira ko  icyo aricyo gitaramo bongeye gukorera mu Rwanda  Nyuma y’Urupfu rwa Bobo  akaba yarifuje rero ko abakunzi ba Peace and Love bongere kuryhorwa ku njyana  Nziza  ziryo tsinda .

Biteganyijwe ko icyo gitaramo kizaba ku cyumweru tariki ya 7 Ukwakira Muri Pacha  Club ahahoze Losty aho vicou  afatanyije n’itsinda rya Chare kuva mu gihugu cy’uburundi rikunzwe nabatari bake  hano mu Rwanda Kubera ubuhanga  ricurangisha.

Kwinjira muri iki gitaramo cya Peace and Love bizaba ari 2000frw kuri buri wese uzitabira.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *